Ronnie na Donnie Galyon ni abagabo babiri b’impanga bavutse bafatanye ibizwi nka “Conjoined twins”. Bavutse kuwa 28 Ukwakira 1951 mu bitaro bya St. Elizabeth Hospital, Ohio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nyuma yo kuvuka bafatanye inda, abaganga bagerageje kubatandukanya ariko basanga byateza ibibazo.
Mu mwaka
2014 ubwo aba bombi bakoraga isabukuru 63 y’amavuko bashyizwe mu gitabo cya
Guinness World Records nk’abantu b’impanga bavutse bafatanye babayeho igihe
kinini (The oldest conjoined twins ever). Uyu mwanya aba bombi bawukuyeho
Giacomo na Giovani Battista Tocci bavukiye mu Butaliyani mu 1875 bakaza
kwitaba Imana ku myaka 63 y’amavuko.
Mbere yuko aba bombi baza kuri uyu mwanya wa mbere bari bamaze gutambuka mu mwanya abandi bagabo babiri b’impanga aribo Chang Bunker na Eng Bunker babaye ibyamamare ku isi mu kinyejana cya cumi n’icyenda, bakaba barabayeho imyaka igera kuri 62 n’iminsi 251.
Ronnie na Donnie Galyon ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 2 y’amavuko
Ronnie
na Donnie ngo mu nzozi zabo bari bafite harimo no guca aka gahigo ko kuba
abantu b’impanga bavutse bafatanye babayeho igihe kirekire kuri iyi si dutuye,
bakaba batabarutse babigezeho. Nkuko batangajwe n’umuvandimwe wabo yatangaje ko
aba bavandimwe babiri bazize indwara izwi nka (Congestive heart failure) aho
umutima uba watakaje ubushobozi bwo gutembereza amaraso mu bihaha no mu bindi
bice by’umubiri.
Izi
mpanga zitabye Imana kuwa 4 Nyakanga. Umuvandimwe wabo (Murumuna wabo) witwa
Jim yashimiye abantu bose batanze ubufasha bwabo butandukanye mu gufasha
abavandimwe be, aho nko mu mwaka wa 2010 abantu bagera kuri 200 bafashije
umuryango wa Jim mu kwagura inzu babagamo kugirango abavandimwe be babe ahantu
hisanzuye.
Ronnie
na Donnie Galyon nibo bari bafite agahigo nk’impanga zavutse zifatanye zabayeho
igihe kinini
Mu mwaka
ishize aba bavandimwe bombi bazengurutse leta zitandukanye muri amerika aho
bajyaga mu birori bitandukanye maze abantu b’ingeri zose bakishyura kubareba,
aho umuvandimwe wabo Jim yavuze ko ariyo mafaranga yonyine bakoreye bakiriho.
Ibikorwa byo kuzenguruka ibice bitandukanye muri leta zunze ubumwe za amerika
babihagaritse mu mwaka 1991.
Mu
bushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko kuvuka abana bafatanye ibi biba rimwe mu
bana ibihumbi mirongo itana (50,000) kugeza kubana ibihumbi mirongo itandatu
(60,000) bavutse. Ubushakashatsi bukomeza bugaragaza ko 70% mu bana b’impanga
bavuka bafatanye aba ari igitsina gore, aho 75% bavuka bafatanye igituza aho
baba basangiye bimwe mu bice bigize umubiri.
Src: Sky News
Umwanditsi:
Soter DUSABIMANA-InyaRwanda.com
TANGA IGITECYEREZO