Myugariro David Luiz ukomoka mu gihugu cya Brazil ukinira ikipe ya Arsenal yamaze gushyira umukono ku masezerano mashya muri Arsenal aho yasinye umwaka umwe.
Luiz
w’imyaka 33 y’amavuko, yageze muri Arsenal umwaka ushize avuye muri Chelsea, mu cyumweru gishize yasohowe mu kibuga nyuma
yo guhabwa ikarita itukura akanatanga bigaragara ikipe ya Arsenal ku mukino
batsinzwemo na Manchester City ibitego 3-0.
Umuyobozi
ushinzwe imikino muri Arsenal Edu yagize
ati “David ni umukinnyi w’ingenzi cyane kuri twe. Yakinnye myinshi mu mikino
twakinnye muri uyu mwaka ndetse yabaye ingirakamaro ku ikipe”.
“Ugutanga
imipira kwe, kuganira n’ikipe mu kibuga no hanze y’ikibuga, afasha buri wese”.
Abandi
bakinnyi bakina mu bwugarizi bw’iyi kipe barimo Pablo Marí na Cédric Soares na
bo bagiye gukinira Arsenal by’igihe kirekire, numa uko buryo bw’intizanyo bari
muri iyi kipe buzaba burangiye uyu mwaka w’imikino, bagahabwa amasezerano y’igihe
kirekire.
Pablo
yavuye mu ikipe ya Flamengo yo muri Brazil mu gihe Cédric we yavuye muri
Southampton yo mu Bwongereza, bombi bakaba biteguye gutanga umusanzu wabo muri
iyi yagize umusaruro mubi muri uyu mwaka w’imikino .
Dani
Ceballos w’imyaka 23, ukomoka muri Espagne, ukina mu kibuga hagati yongereye
amasezerano y’intizanyo ye muri Real Madrid kugeza mu mpera y’uyu mwaka w’imikino.
Edu
yagize ati: “Ndishimye cyane ko aba bakinnyi tuzaba tubafite mu ikipe yacu mu
gihe kiri imbere”.
“Bamaze
igihe bari muri gahunda y’igihe kirekire y’imikorere y’umutoza Mikel Arteta nanjye
twakoze. Bazanye ingufu zikenewe mu ikipe”.
Biteganyijwe
ko ba myugariro Marí w’imyaka 26 ukomoka muri Espagne na Soares w’imyaka 28
ukomoka muri Portugal, bazuzuza ibijyanye n’ayo masezerano mashya mu kwezi
gutaha ubwo igura n’igurisha ry’abakinnyi rizaba ritangiye.
Kuri
ubu Arsenal iri ku mwanya wa 10 muri shampiyona y’u Bwongereza aho ifite
amanota 40, ikaba ishobora kutazasohoera u Bwongereza mu mikino yo ku mugabane
w’I Burayi muri uyu mwaka.
TANGA IGITECYEREZO