RFL
Kigali

Vital Kamerhe wafatwaga nk’ukuboko kw’ iburyo kwa Perezida Tshisekedi yakatiwe imyaka 20

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:20/06/2020 19:37
0


Vital Kamerhe, izina rizwi cyane muri Poritiki y’igihugu cya Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu yakatiwe imyaka 20 y’igifungo ku byaha aregwa byo kunyereza umutungo wa Leta ndetse na ruswa. Kamerhe yari umuyobozi w’ibiro bya Perezida ndetse yanayoboye Inteko Nshingamategeko ku ngoma ya Joseph Kabila.



Ku myaka ye 61, Vital Kamerhe Lwa Kanyigini ni umugabo umaze igihe kinini muri Poritiki y’igihugu cya cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kugeza ku itariki ya 8 Mata 2020, ubwo Perezida Tshisekedi yategekaga ko atabwa muri yombi agakurikiranwaho ibyaha aregwa, Vital Kamerhe yari umuyobozi w’ibiro bya Perezida bizwi nka “Palais de la Nation de Kinshasa”.

Ibyaha byateye perezida gutanga itegeko ryo gufunga uwafatwaga nk’ukuboko kwe kw’ibyuryo harimo kuba yaranyereje umutungo wa leta ungana na miriyoni $48,831,148. Aya mafaranga yari agenewe kubaka amacumbi 4500 y’abaturage, abasirikare n’abaporisi mu ntara zitandukanye z’iki gihugu. 

Kuri aya mafaranga hiyongeraho miliyoni $2 zagombaga gukoreshwa mu bwikorezi ndetse hishyurwa n’ imisoro ku mipaka n’ibyambu by’aho ibikoresho byo kubaka byari kunyura. Ikindi cyaha uyu munyaporitiki aregwa no ukwakira bitugukwaha yahawe n’umushuramari ukomoka mu gihugu cya Lebanon witwa Jammal Samih. Uyu mushoramari bivugwako yahaye ruswa Kamerhe ngo sosiyete ye izatsindire amasoko ya leta yo kubaka ibi bikorwaremezo.

Kuri uyu wagatandatu ni bwo urukiko rwahamije ibyaha uyu munyaporitiki ndetse rumukatira igifungo cy’imyaka 20 yiyongeraho gukora imirimo y’imbaraga.

Vital Kamerhe ku giti cye avugako ari umwere kuri ibi byaha aregwa. Ibi byunganirwa n’abo mu ishyaka rye yashinze ryitwa UNC (“Union National Congolese” ) bavugako mu bitumye umuyobozi wabo atabwa muri yombi harimo ko ishyaka rya Tshisekedi, UDPS (“L'Union pour la Démocratie et le Progrès Social”) batifuza ko yakwiyamamariza umwanya wa perezida wa repeburika mu matora azaba mu 2023.

Mu gushyingo umwaka wa 2018, Kamerhe n’ishyaka rye basinyanye amasezerano na UDPS ya Tshisekedi yaragamije guhuriza hamwe imbaraga ngo bazashobore gutsinda ishyaka ryari ku butegetsi PPRD rya Joseph Kabila. Aya masezerano yiswe aya Nairobi ni yo yasize yemeje Tshisekedi nk’umukandida wa UDPS na UNC ndetse banemeza ko mu matora yari gukurikira Kamerhe na we yari kuziyamamariza umwanya wa Perezida ndetse UDPS nayo ikagerera UNC mu kebo kamwe nako bayigeneyemo. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND