Bugingo Gustave wo mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Gikongo, Akagari ka gasagara wari umaze iminsi ashakishwa akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 12 akangirika imyanya y’ibanga yamaze gutabwa muri yombi.
Iki
cyaha Bugingo w’imyaka 30 akurikiranyweho cyamenyekanye tariki ya 3 Kamena 2020
nyuma y’uko uyu mwana yari amaze igihe arembye k’ubwo kwangirika imyanya y’ibanga
nyina akaza kumuvuza ariko bikanga. Uyu mwana wahise ajyanwa ku bitaro bya
Gakoma yabwiye nyina n’ubuyobozi bw’akagari ka Kimana akomokamo ko yari amaze
igihe gito asambanyijwe na Bugingo.
Uyu
musore ngo asanzwe ari umworozi w’inkoko ari nazo nzira byanyuzemo ngo
asambanye uyu muturanyi we wo mu murenge wa Musha, akagari ka Kimana.
Amakuru
Inyarwanda.com yahawe n’abo mu muryango w’uwasambanyijwe avuga ko uyu musore
yajyaga aha uyu mukobwa ikiraka cyo kumuvomera amazi yo gukoresha mu bworozi
bwe bw’inkoko. Ubwo yamusambanyaga, ngo yavuye kuvoma amusaba ko yakwinjiza
amazi mu nzu niko kumusangamo aramusambanya.
Umuvugizi
wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo CIP Sylvestre Twajamahoro yemeje amakuru y’uko Bugingo
kugeza ubu yamaze gutabwa muri yombi asanzwe mu kagari ka Gasagara.
Yagize
ati “Ku bufatanye n’abaturage polisi yamutaye muri yombi. Byabaye saa Tatu z’ijoro
ryo kuwa Kane.”
Nyuma y’ifatwa rya Bugingo hanatawe muri yombi umugabo witwa Kabandana Jean Baptiste, umuyobozi w’umudugudu w’Akabanga ari nawo uvuga ko yasambanyijwe akomokamo, n’umuturanyi we witwa Urambye Dafrose wahoze ari umujyanama w’ubuzima.
Amakuru avuga ko bo bakurikiranyweho
kwiha inshingano z’abaganga. Ngo ubwo amakuru y’uko isambanywa ry’uriya mwana
yamenyekanaga, bamusesetse intoki mu gitsina bareba niba koko byarabaye.
Kugeza
ubu abatawe muri yombi bacumbikiwe kuri polisi station ya Gikonko mu gihe
iperereza rikomeje kubyo bakurikiranyweho ngo hatangwe ubutabera.
Uyu
mwana w’imyaka 12 wari umaze iminsi arwariye mu bitaro bya Gakoma kubera
kwangirika imyanya y’ibanga nawe yamaze gusezererwa, amaze iminsi mike atashye
mu rugo.
Ukurikiranyweho icyaha n’uwagikorewe ni abaturanyi kuko utugari bakomokamo tugabanywa n’umuhanda Save-Gikonko uca hagati yabo.
TANGA IGITECYEREZO