RFL
Kigali

U Busuwisi: Polisi iri kurangisha umuntu wibagiriwe zahabu muri gariyamoshi zifite agacirio ka Miliyoni 163 Frw

Yanditswe na: Editor
Taliki:16/06/2020 18:23
0


Ni gacye bijya bishoboka kuba wakwibagirirwa imali ihenze ahantu nk'aha ukayisanga amahoro, gusa kuri iyi nshuro igipolisi cyo muri iki gihugu kiri kuranga gishakisha umuntu waba wibagiriwe imali ya zahabu ipima ibiro 5. Izi zahabu zifite agaciro ka Miliyoni ijana na mirongo itandatu n’eshatu z'amafaranga y’u Rwanda.



Iyo duteze imodoka cyangwa, ibindi binyabiziga dukora ingendo, kenshi bitubaho kwibagirwa mu binyabiziga ibyo twari dutwaye gusa bitewe n'uko ibyo twibagiwe biba bidufitiye akamaro duhita twitabaza ababishinzwe ngo badufashe kubona ibyo twibagiwe cyangwa twataye mu binyabiziga.

Aho bamwe bagerageza gushakisha ibyo bataye batanga amatangazo cyangwa bakifashisha n’umuyobozi mu gushakisha ibyabo byatakaye, gusa ibi bitandukanye n’ibyabaye mu gihugu cy’u Busuwisi, aho Polisi yo muri iki gihugu iri kurangisha umugenzi wataye igikapu muri gariyamoshi kirimo zahabu itunganyije irenga ibiro bitatu. Iyi gariyamoshi yasanzwemo izi zahabu yavaga mu gace ka St. Gallen ijya Lucerne.

Igikorwa cyo gushakisha uyu wataye izi zahabu, polisi yabikoze nyuma yuko ishakishije nyiracyo akabura! Abantu benshi basomye iyi nkuru bakomeje kwibaza uko polisi azamenya neza uzigaragaza ko ari nyiri izi zababu ko ari nyirazo koko. 

Amakuru dukesha Dailymail avuga ko uwataye iki gikapu kirimo izi zahabu yagitaye ubwo yakoraga urugendo rwavaga mu gace ka St. Gallen ajya Lucerne mu kwakira umwaka ushize wa 2019 gusa kugeza na nuyu munsi ntaraboneka.

Polisi ivuga ko Gariyamoshi yasanzwemo iki gikapu yavaga mu gace ka St. Gallen ijya Lucerne

Izi zahabu zasanzwe muri iyi gariyamoshi zifite agaciro kagera mu mayero ibihumbi ijana na mirongo itanu na bibiri (£152,000) ni hafi miliyoni ijana na mirongo itandatu n’eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (163,000,000 Rwf).

Ibi byabaye mu busuwisi byo kwibagirwa ubu butunzi muri gariyamoshi si ubwa mbere bibaye, dore ko byigeze kuba no mu myaka micye ishize. 

Aha twavuga nko mu mwaka wa 2014 muri gariyamoshi yavaga mu mugi wa Paris yerekeza i Geneve hatoraguwe igishushanyo cy’ubugeni cyo mu bushinwa mu kinyejana cya 13 (13th century Chinese works of art) gifite agaciro karenga miliyoni y’amayero (£1,000,000).

Mu mwaka wa 2016 mu Budage, umugenzi yibagiriwe muri gariyamoshi igikoresho cy’umuziki cyizwi nka Stradivarius gifite agaciro kagera kuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi Magana ane by’amayero (£2.4 Million). 

Umwaka ushize nabwo mu Budage umugenzi yataye muri gariyamoshi ivaze yakozwe n’umugabo w’umunyabugeni witwa Pablo Picasso w’umwesipanyolo wabayeho y’umwaka 1881-1973. Iyi vaze nayo yabarirwaga akayabo k’amayero.

Src: web24news & Dailymail

 Umwanditsi: Soter DUSABIMANA-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND