Kuri uyu wa gatanu, umubare w'abahitanwa na coronavirus muri Brezile warengeje u Bwongereza uza ku mwanya wa kabiri ku isi, ariko Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko gahunda y'ubuzima bw'iki gihugu ihagaze nabi
Minisiteri y’ubuzima muri Brezileyatngaje ko abantu 909 bapfuye,
abamaze gupfa bose hamwe bamaze kuba 41.828. Yavuze kandi ko umubare rusange
w’abantu bamaze kwandura Coronavirs ari 828.810, aho bibereye bibi cyane rero
nuko mu masaha 24 ashize hamaze kwandura abagera ku 25,982
Mike Ryan, impuguke muri OMS mu byihutirwa yavuze ko ikibazo
cya Brezile gikomeje kubahangayikisha nubwo yemeje ko ubu umubare w’abarwayi
bari ku bitanda kwa muganga uri munsi ya 80% mu bice byinshi by’igihugu. Mu
nama yabereye i Geneve, Ryan yagize ati: "Muri rusange gahunda y’ubuzima
muri Brezile iracyaduhangayikishije
Umubare w’ubwiyongere bwa Berezile uje mu gihe iki gihugu
kigenda cyoroshya ingamba zo gufunga abantu bagasubira mu mirimo yabo
Mu ijoro ryo ku wa kane, Bolsonaro yashishikarije
abamushyigikiye "gushaka uburyo bwo kwinjira mu bitaro" kugira ngo
bafate amashusho harebwe niba bifite abarwayi benshi , batange raporo ku
bashinzwe umutekano kugirango pperereza rikorwe neza
Minisiteri y’ubuzima mu cyumweru gishize yahagaritse gutangaza
umubare rusange w’abandura n’abapfa maze ihindura icyemezo nyuma y’urukiko
rw’ikirenga. Urukiko rukuru rwabanje kwemeza ko leta n’inzego z’ibanze zifite
uburenganzira bwo gutegeka ubucuruzi gufunga kugirango bahangane n’iki cyorezo.
Mu kwezi gushize, ubushakashatsi bwakozwe na XP Investimentos
bwerekanye ko 76 ku ijana babonye ko kwitandukanya n’imibereho aribwo buryo
bwiza bwo kwirinda ikwirakwizwa rya virusi naho 57 ku ijana batekereza ko
ingamba z’akato zigomba kugumaho kugeza igihe ibyago byo kwandura bizashira.
Src: Al jazeera
TANGA IGITECYEREZO