RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Umugabo yagiye mu bwiherero yituma inzoka ipima metero 10 z’uburebure

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:9/06/2020 12:26
0


Umugabo w'imyaka 44 y’amavuko wo muri Tayilande yagiye kwiherera yituma inzoka yo munda ipima metero 10 z'uburebure.



Sisitemu y'ibiryo igira uruhare runini mu buzima bwiza bw’umuntu. Inda, bakunze kwita "ubwonko bwacu bwa kabiri", igizwe na bibiri bya gatatu by'uturemangingo tw'umubiri, ibamo za Miliyari za bagiteri kandi ifite sisitemu yigenga. Niba imikorere yayo ya mbere ari iyo gusya, imirimo myinshi igenda neza yibanda ku misemburo ikorwa n’uru rugingo igira ingaruka ku marangamutima y’umuntu. Ku bw’amahirwe, rimwe na rimwe amara ni urubuga rwa parasite ashobora gutera ububabare bwo munda, umunaniro cyangwa isesemi.

Kritsada Ratprachoom w’imyaka 44, asanzwe akora nk'umufotozi wigenga mu mujyi wa Udon Thani, muri Tayilande. Umunsi umwe, ubwo yari amaze kugeza umuhungu we ku ishuri, uyu mugabo yumvise ashaka kujya mu bwiherero aragenda ariherera n’ibisanzwe  ariko yajya guhaguruka akumva hari ikintu gisigaye inyuma  Ati: "Numvaga ntarangije nkaho hari hasigaye".


Ubwo rero yaje kugenzura abona ikintu gitangaje kiri gusohoka mu mubiri we atangira gutekereza ko ari ikibazo kibayeho kuko mu cyumweru cyabanje yari aherutse kubagwa appendicite ariko ikintu yabonye cyari kirekire cyane, icyo yakoze rero ni ukurana nacyo agikurura umwanya munini rwose akirambika hasi abona kinyagambura bivuze ko cyari kizima munda ye, iyi yari inzoka yo mu bwoko bwa tenia yiberaga munda iza kuba ndende cyane.



Ubusanzwe iyi nzoka ya tenia ishobora kuba ndende cyane mu mubiri w’umuntu ahanini umuntu ayikura mu nyama z’inka cyangwa z’ingurube zitahiye neza.

Ibimenyetso biranga umuntu ufite iyi nzoka ni ibi bikurikira:

- Isesemi

- Kuribwa mu nda

- Impiswi

- Kunanirwa kurya

- Guta ibiro

Uramutse ufite bimwe muri ibi bimenyetso wakwihutira kwivuza hakiri kare kugirango harebe niba utarwaye iyi nzoka yo mu bwoko bwa Tenia.

Src: santeplusmag.com

 

 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND