Umwaka w’imikino wa 2019-2020 wakunze kugaragara ihangana rikomeye ry’amakipe ndetse no kwigaragaza kw’abakinnyi batandukanye. Nubwo ariko hari abakinnyi benshi bagiye bigaragaza hari abagaragaje ko bashoboye kurusha abandi, cyane cyane kubera umusaruro batanze mu makipe yabo.
INYARWANDA yabakoreye urutonde rw’abakinnyi beza mu
mwaka w’imikino wa 2019-2020 warangiye ikipe ya APR yemejwe ko ari yo igomba
guhabwa igikombe nyuma y'uko iyi shampiyona yarangiye imburagiye kubera icyorezo cya Coronavirus kibasiye Isi.
1.Kimenyi Yves
Kimenyi Yves wafatiraga ikipe ya Rayon Sport kuri ubu
waguzwe na Kiyovu Sport ni we muzamu mwiza waranze umwaka w’imikino wa 2019-2020 mu mbona za INYARWANDA. Yagaragaje ubuhanga ugereranyije na bagenzi be.
2.Ombolenga Fitina
Ombolenga Fitima ukinira ikipe ya APR ni we Mudefanseri
mwiza ku ruhande rw’iburyo ugereranyije na bagenzi be bakina ku mwanya umwe bo
mu yandi ma kipe.
3. Imanishimwe Emmanuel Mangwende
Mangwende ukinira ikipe ya APR ni umwe mu bakinnyi bagiye
bagaragaza ubuhanga bukomeye mu kibuga ku mwanya we, ibyo rero bikaba byatumye
agaragara mu ikipe y’umwaka. Akaba akina inyuma ku ruhande rw’iburyo.
4.Mutsinzi Ange
Mutsinzi Ange ukinira ikipe ya APR ni umwe mu bakinyi bakunze
kugaragaza ubuhanga ku mwanya we, akenshi bigendanye n’uburyo akinana na bagenzi
be ndetse n’uburyo ahozaho. Akina muri defense mo hagati.
5.Manzi Thierry
Myugariro w’ikipe ya APR akaba na kapiteni wayo Manzi
Thierry ni umwe mu bakinnyi bakunze kwigaragaza muri uyu mwaka, ahanini bitewe
n’uburyo yakinanaga na bagenzi be ndetse n’uburyo yabayoboraga mu kibuga neza.
6. Munyakazi Yussuf Rule
Rule ukinira ikipe ya Police FC ni umwe mu bakinnyi bakuze
ariko bakunze kugaragaza ubuhanga mu kibuga muri uyu mwaka w’imikino wa
2019-2020.
7. Shabani Hussein Tchabalala
Umukinnyi wakiniraga ikipe ya Bugesera mu mwaka w’imikino wa
2019-2020 kuri ubu wamaze gusinyira ikipe ya AS Kigali, ukina ku mpande usa n'ugana imbere Tchabalala ni umwe mu bagaragaje ubuhanga budasanzwe dore ko yabaye
uwa kabiri mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi, akaba yaratsinze ibitego 13.
8.Omar Sidibe
Sidibe ukina hagati mu ikipe ya Rayon Sport yagaragaje
ubuhanga mu mikinire ye cyane cyane uburyo yabashaga gutanga imipira ivamo
ibitego.
9. Samson Babuwa
Babuwa Samson wari usanzwe ukinira ikipe ya Sunrise kuri ubu
wamaze gusinyira ikipe ya Kiyovu Sport ni umwe mu bakinnyi bagaragaje ubuhanga
budasanzwe mu mwaka w’imikino dore ko ari we uyoboye urutonde rw’abakinnyi
batsinze ibitego byinshi, akaba yaratsinze ibitego 15.
10.Bukuru Christophe
Bukuru Christophe ukinira ikipe ya APR FC ari mu bakinnyi
bagaragaje ubuhanga mu kibuga.
11. Iradukunda Bertrand
Iradukunda Bertrand wakiniraga ikipe ya Mukura akaba yaramaze gusinyira ikipe ya Gasogi ni umwe mu bakinnyi bagaragaje ubuhanga,dore ko ari no mu bakinnyi batsize ibitego byinshi akaba yaratsinze ibitego 12.
TANGA IGITECYEREZO