Iyo twumvise ijambo "guca inyuma", dukunze gutekereza umugabo uca inyuma umugore we. Buri gihe duhuza iki gikorwa kibi n’abagabo nk'aho abagore batajya baca inyuma abagabo babo ariko wari uzi ko kubera guhindura amahame mbonezamubano n’iterambere ry’ubukungu, abagore ubu bashobora guca inyuma abagabo babo?.
Niba ufite ugushidikanya ku budahemuka bw'umugore wawe, dore
ibimenyetso bikomeye byo kukuburira ugomba kwitaho.
Ntagishishikajwe nawe nka mbere: Ubundi yaraguhangayikiraga
agashimishwa n'ubutumwa bwawe ndetse akarakara mu gihe wibagiwe amatariki
y'ingenzi ye, cyangwa ay’abana. Iyo uwo
mwashakanye aretse guhangayikishwa n'utuntu duto nk’utwo, noneho ufite impamvu
yo guhangayika.
Asigaye yiyitaho cyane kuruta mbere: Umugore wawe nubona yatangiye
kwambara ukundi kuntu, yireba buri kanya, ahinduranya imyenda ndetse yitaye
cyane ku miterere ye mu gihe agiye
kugira aho ajya ashobora kuba ashishikajwe no gukurura undi mugabo.
Ntagishaka gutera akabariro: Nta mahame abaho mu bijyanye no gutera akabariro, umubano wose uratandukanye
ariko ku rundi ruhande, niba ubonye ko
uwo mwashakanye atagishaka kubaka urugo muri ubwo buryo, birashoboka ko
ashobora kuba abona umunezero ahandi.
Asigaye ahuze cyane: Gahunda ye isigaye ihindagurika,
ntashaka ko mugumana umwanya munini. Nubona iyi myitwarire uzamenye ko umugore
wawe afite uwamutwaye umutima.
Agira amahane bya hato na hato: Niba usigaye ubona amahane y’umugore
wawe adasanzwe kandi ukabona telephone
ye ntimuva mu ntoki, mugerageze use n’uyikoraho
gato, nazabiranwa n’uburakari uzamenye ko hari icyo aguhisha.
Ntakigira umwanya wihariye wo gusabana n’inshuti n’umuryango
wawe: Ahanini ibi nubibona ku mugore wawe uzatangire umugenzure kuko aba
yihunza abawe kubera ko yiyiziho amakosa.
Ntashaka guhuza amaso nawe: Uzatumbire mu maso he nubona
umugore wawe adashaka ko muhuza amaso uzamenye ko yicira urubanza kandi akaba adashaka
ko ubimenya.
Src: Santeplusmag.com
TANGA IGITECYEREZO