RFL
Kigali

Bob Weighton umugabo wari ukuze kurusha abandi ku isi yitabye Imana ku myaka 112 azize indwara ya Cancer

Yanditswe na: Editor
Taliki:29/05/2020 23:41
0


"Akaga kenshi kari ku isi gaterwa n'abantu bikomeza". Iri jambo ni rimwe mu yo Bob Weighton yakunze kugarukaho ndetse anashimangira ko kugendera kure imihangayiko y’Isi nubwo itajya ibura biri mu byamufashije kuramba.



Mu buzima umuntu agira iminsi ibiri y’ingenzi hano ku isi ariyo: umunsi wo kuvuka hakabaho n’umunsi wo gusoza urugendo hano ku isi cyangwa gupfa. Umugabo witwa Bob Weighton wari umuntu ukuze kurusha abanda ku isi akaba yitabye Imana ku myaka 112 y’amavuko nk'uko byatangajwe n’abagize umuryango we.

Uyu mugabo ni we wari ufite agahigo ko kuba agakuze cyane ku isi. Yatagaje ko ibanga rishobora kuba ryaramufashije kurama harimo kuba yarabanaga neza n’abantu, ndetse no guhora yishimye!

Ese Bob Weighton yari muntu iki? ni ‘izihe nama yageneye abato?


                             Bob akiri umwana 

Bob Weighton ni umwongereza wabonye izuba kuwa 29 Werurwe 1908 akaba yatabarutse kuwa 28 Gicurasi 2020. Yari atuye ahitwa Hampshire mu Bwongereza. Ni we wari umugabo mukuru kurusha abandi ku isi kuva mu kwezi kwa kabiri nyuma y'urupfu rwa Chitetsu Watanabe, umuyapani nawe wari ufite imyaka 112.

Bivugwa ko Bob Weighton  yari arwaye cancer ndetse hazamo n’izabukuru nibwo yitabye Imana aho yari asinziriye biza kurangira yitabye Imana. Bwana Weighton asize abana babiri, abuzukuru 10 n'abuzukuruza 25. Mu mirimo yakoze harimo ubwarimu no kuba yarabaye Umwenjeniyeri.

Bamwe mu bari bamuzi batangaje ko yari umugabo udasanzwe wita kandi agakunda abantu bose atarobanuye aho yabonaga buri wese nk’umuvandimwe we. Uyu mugabo ngo no mu buzima bwe yagiraga inshuti nyinshi cyane kandi ngo agakunda kuvuga no gusoma cyane ibijyanye na politiki, tewolojiya (Theology) na Ecology.

Bumwe mu butumwa yageneye abatuye isi ubwo yari akiri muzima aganira na BBC yagize ati "Ntekereza ko guseka ari ibintu by'ingenzi cyane." "Akaga kenshi kari ku isi gaterwa n'abantu bikomeza". Yakomeje avuga ko ibanga ryo kuramba ari "ukwirinda gupfa".

Kuwa 29 Werurwe ubwo yizihizaga isabukuru ye ya nyuma y’amavuko, yabwiye abari aho ko abona isi yangiritse cyane. Uyu mugabo yahuzaga italiki y’amavuko na Joan Hocquard, uyu akaba ari umugore ukuze kurusha abanda mu Bwongereza. Akongera kuyihuza na Alf Smith witabye Imana mu mwaka ushize, akaba nawe yari afite aka gahigo k’umugabo ukuze kurusha abandi mu Bwongereza mu mwaka washize wa 2019.  

Umwanditsi: Dusabimana Soter-InyaRwanda.com 

Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND