RFL
Kigali

Kanye West ku isonga mu bahanzi 5 bakora injyana ya Hip Hop bakize cyane ku Isi aho atunze Miliyari $3.2

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:27/05/2020 11:00
0


UmunyaRwanda ati ”Umwana wanzwe ni we ukura. Hip Hop ni injyana idakunzwe kuvugwaho rumwe na benshi bayiharabika bayita iy'ibirara cyangwa abatagira uburere, gusa ni imwe mu nzira zituma Amerika ihora ku isonga mu majwi ya benshi kubera impirimbanyize z'abahanzi b’iyi njyana buje ubuhanga n'ubutunzi.



Benshi mu badakurikira umuziki bakunze kwita Hiphop injyana ikorwa n’abantu badafite ikinyabupfura, gusa ntabwo ariko biri kuko abahanzi bayikora akenshi mu bihugu byo hanze cyane cyane nk'aho twakwita ku gicumbi cy’umuziki w’Isi ‘USA’ abahanzi bakora iyi njyana ni bo bubashywe ndetse ni nabo bavamo abacuruzi bakomeye.

Injyana ya Hip Hop yatangiye ahagana mu 1970 iza imeze nk’ivugira abacyene n'abashonji ndetse inarwanya akarengane, gusa nyuma mu myaka ya za 1990 yaje kuba inzira njyabukire ku wayikoze neza ndetse benshi yaje no kubahira.

Ni gacye uzabona umuntu ukora ibikorwa bijyanye n’imyidagaduro yabaye umumiliyaderi ariko uwitwa Kanye West ahigitse benshi ndetse ubu ari mu bantu bakize cyane cyane ku Isi dore ko ari abantu bacye batunze Miliyari y’amadorali ya Amerika ku Isi.

Kanye West ubutunzi afite burangana na Miliyari $3.2, gusa Forbes yo itangaza ko afite miliyari $1.3 ariko hari imbuga nyinshi zemeza ko West arengeje aya mafaranga ndetse na we ubwe yiyemerera ko atunze asaga Miliyari $3. 

Magingo aya, West aramutse aje gutura muri Africa yaba mu bakire 9 ba mbere kuri uyu mugabane. Kanye West atumbagiye mu bukungu abicyesha ubwoko bw’inkweto agacuruza buri mu ziharawe muri iyi minsi. Undi umugwa mu ntege ni Jay-Z. Aba bagabo bombi bahoze ari inshuti z'akadasohoka n'ubwo mu mwaka ushize baje kujya bajya imbizi ariko byarangiye batangaje ko biyunze.

Aba bahanzi ubutunzi bwabo babukura ahanini mu muziki kuko ni wo bafata nk’intango ibaha igishoro barangiza kubona igishoro bagakoresha ubwamamare bwabo bagafata ya mafaranga bakayashora mu bundi bucuruzi. Dore urutonde rw’abahanzi bakora injyana ya Hip Hop bakize cyane ku Isi.

5. Eminem-Miliyoni $230    

Amazina ye bwite: Marshall Bruce Mathers II

Igihe yavukiye: 1972

4. Dr. Dre-Miliyoni $820

               

Amazina ye bwite: Andre Romelle Young

Igihe yavukiye: 1965

3. P. Diddy-Miliyoni $885

Amazina ye bwite: Sean John Combs

Igihe yavukiye: 1969

2. Jay-Z-Miliyari $1


Amazina ye bwite: Shawn Corey Carter

Igihe yavukiye: 1969

1.      Kanye West-Miliyari $3.2

                     

Amazina ye bwite: Kanye Omari West

Igihe yavukiye: 1977

Src: celebritynetworth.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND