Kuri uyu wa Mbere, Chili yagize umubare munini w'abantu banduye coronavirus, aho mu masaha 24 handuye abantu bagera ku 5.000, barimo abaminisitiri babiri muri Guverinoma ya Perezida Sebastian Pinera.
Inzego z’ubuzima zatangaje ko abantu 4.895 banduye muri Amerika y'Epfo naho abapfuye
bakaba bagera kuri 43, Minisitiri
w’imirimo rusange Alfredo Moreno na Minisitiri w’ingufu Juan Carlos Jobet
bavuze ko bari mu banduye iyi virus
Moreno yagize ati: "Namenyeshejwe ko mu bizamini bamfashe basanze naranduye ariko kugeza ubu nta bimenyetso mfite”. Jobet na we ati: "Nishyize mu kato nyuma yo kumva ibimenyetso byoroheje kandi bifitanye isano, nyuma rero ni bwo napimwe nsanga mfite virus”.
Gusa iri tangazo rivuga ko aba baminisitiri batigeze bagira aho bahurira na Perezida Sebastian Pinera cyangwa abandi bagize Guverinoma. Mu cyumweru gishize, Chili yagize abanduye benshi bituma leta itegeka ko Santiago ifunga. Umurwa mukuru ni wo wibanzweho cyane kuko ufite 90% by’abanduye.
Src: AFP
TANGA IGITECYEREZO