Kuwa 24 Gicurasi buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wo ku rwanya indwara yo mu mutwe ya Schizophrenia. Ku munsi nk’uyu mu 2004 Koreya ya Ruguru yafunze itumanaho rya telefoni zigendanwa zose. Menya byinshi byaranze uyu munsi hirya no hino ku Isi
Mu 1660: Umwami Charles II w’u Bwongereza yasuye
igihugu cy’u Buholandi.
Mu 1667: Ingabo z’u Bufaransa zateye Amajyepfo
y’u Buholandi.
Mu 1689: Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza
yemeje ukwishyira ukizana mu gusenga ku ba porotestanti.
Mu 1854: Kaminuza ya Lincoln University muri
Pennsylvania, muri Leta zunze ubumwe za Amerika yarashinzwe iba kaminuza ya
mbere yakiraga abirabura, ikaba yarashinzwe na Jonny Miller Dickey na Sarah
Emlen Cresson.
Mu 1889: Ikiraro cya Brooklyn gihuza umugi wa
Brooklyn na Manhattan ku mugezi wa East River, cyafunguriwe ibinyabiziga
bwemererwa kukinyuraho. Iki kibaba kimwe mu biraro bizwi cyane ku isi cyikaba
cyaratwaye hafi imyaka igera kuri cumi n’itatu mu kucyubaka.
Ikiraro cya Brooklyn
Mu 1939: Ubwato bw’abanyamerika bugendera munsi
y’amazi Submarine (Squalus), bwarohamye mu Nyanja ya Atlantic aho haguyemo
abagera kuri 26 hakarokokamo batanu gusa.
Mu 1941: Mu ntambara ya kabiri y’isi, ubwato
bw’abadage (Battleship Bismark) bwararohamye aho abarenga 1,400 bahasize
ubuzima.
Mu 1954: Hashinzwe Kompani yo gutwara abantu mu ndege ya Lufthansa mu budage.
Mu 1957: Mu gihugu cya Colombia habaye umutingito
ukomeye.
Mu 1961: Polisi yo mu mujyi wa Jackson muri
Mississipi yataye muri yombi bisi ebyiri zaro zitwaye abagenzi bagera kuri 27
bitwaga Freedom Riders, aho bakoraga ingendo zitandukanye muri bus bamagana
akarengane, polisi yabashijaga kubahuka abapolisi no guteza umutekano mucye.
Mu 1964: Mu mukino wahuzaga Peru na Argentina mu
mikino ya Olempike, nyuma yaho umusifuzi yanze igitego ku minota ya nyuma,
abafana ba Peru bateje imvururu aho abashinzwe umutekano bananiwe kubahagarika
aho abagera kuri 300 bakomeretse abanda bahasiga ubuzima.
Mu 1968: Uwari perezida w’u Bufaransa Charles de
Gaulle yatangaje ko haba referandumu, aho bari gutora niba aguma ku buyobozi
cyangwa akavaho.
Uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa Charles de Gaulle kuva 1959-1969
Mu 1977: Uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe
z’Abasoviyeti (USSR) Podgony yareguye.
Mu 1978: Igikomangomakazi cy’u Bwongereza Margaret,
umuvandimwe w’umwamikazi Elizabeth yatandukanye n’uwari umugabo we Earl Snowdon
nyuma y’imyaka 18 babana nk’umugabo n’umugore.
Mu 1986: Margaret Thatcher yabaye minisitiri
w’intebe wa mbere w’ubwongereza wasuye Isiraheli.
Mu 1993: Eritereya yabonye ubwigenge nyuma yo
kwigobotora kuri Etiyopiya nyuma y’intambara igera ku myaka 30.
Mu 1995: Ku mukino wa nyuma wa UEFA Champion League
Ajax yatsinze AC Milan 1-0
Mu 2000: Ikipe ya Real Madrid yatsinze Valencia 3-0
ku mukino wa nyuma wa UEFA Champion League wabereye mu Bufaransa kuri Stade ya
Saint-Denis.
Mu 2001: Sherpa Temba Tsheri ku myaka 15 y’amavuko
yabaye umuntu wa mbere muto wuriye umusozi wa Everest.
Mu 2004: Koreya ya ruguru yafunze itumanaho rya
telefoni zigendanwa.
Mu 2006: Mu Majyaruguru ya Thailand haguye imvura nyinshi yateje imyuzure aho abarenga 100
baburiwe irengero abanda barapfa. Agace ka Uttaradict niko kibasiwe cyane niyi
myuzure.
Mu 2008: Jean Pierre Bemba wahoze ari vice Perezida
muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo yatawe muri yombi i Buruseli mu
Bubiligi, aho yarakurikiranweho ibyaha byinshi bitandukanye harimo
iby’intambara yakoreye muri Central Africa mu 2002.
Jean Pierre Bemba wabaye Visi-Perezida kuva 2003-2006
Mu 2009: Ikipe ya Manchester United yatsinze ikipe ya Hull
City 1-0 ihita itwara igikombe cya shampiyona.
Mu 2010: Koreya zombi iyepfo niya ruguru zahagaritse
ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, nyuma yaho koreya ya yepfo ishinje Koreya ya Ruguru kurohamisha ubwato bw’intambara bwa Koreya y'Epfo. Ibi bikaba byarazanye
agatotsi hagati y’ibihugu byombi.
Mu 2014: Ku mukino wa nyuma wa UEFA Champion League
Real Madrid yatsinze Atletico Madrid 4-1, umukino wabereye i Lisbon muri Portugal
iba itwaye igikombe cya cumi cy'iri rushanwa.
Mu 2017: Mu irushanwa rya Europa League Manchester
United yatsinze Ajax 2-0 umukino wabereye mu mugi wa Stockholm.
Mu 2018: Umukinnyi wa sinema muri Amerika Morgan
Freeman yashinjwe gukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina abagore benshi
batandukanye muri raporo yatangajwe n’ikinyamakuru cya CNN.
Sources:
onthisday.com & thepeoplehistory.com & Wikipedia
Umwanditsi: Soter
Dusabimana-InyaRwanda.com
TANGA IGITECYEREZO