RFL
Kigali

Kwemera itegeko ryo gukoresha imibiri y’abantu mu gufumbira ibihingwa; Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: Editor
Taliki:22/05/2020 9:43
0


Mu 1997 umugore witwa Kelly Flinn yahawe igihembo cy’umugore wa mbere witwaye neza mu gutwara indege z’intambara zirasa ibisasu bikomeye (bombardiers) muri USA. Buri munsi ugenda ugira amateka akorwa ndetse abandi bakayandika. Menya ibyaranze uwa 22 Gicurasi.



Mu 1659: Ubufaransa, Ubwongereza ndetse na Netherlands basinye amasezerano y’amahoro yiswe Hedges Concerto yo guhagarika intambara barimo icyo gihe.

Mu 1761: Kuri iyi tariki bwa mbere, leta ya Philadelphia (USA) yatoye itegeko ryemerera abantu gushora imari mu bijyanye n’ubwishingizi bw’abantu n’ibintu (insurance).

Kuri iyi tariki kandi mu 1900 ibiro ntaramakuru Associated Press byarashinzwe i New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu 1902: Uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Theodore Roosevelt yasinyanye amasezerano n’igihugu cya Mexico yo gukuraho umwiryane wari umaze imyaka myinshi hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano akaba yarasinyiwe i Hague mu Buholandi.

Mu 1915 muri Leta zunze ubumwe za Amerika ikirunga cyitwa Lassen peak cyararutse mu buryo bukomeye cyangiza byinshi. Iki kirunga cyabaye icya 2 cyonyine cyarutse aho muri USA mu gihe cy’ikinyejana cya 20 cyose. 

Ikirunga cya Lassen peak ubwo cyarukaga

Mu 1927 mu gihugu cy’u Bushinwa umutingito wo ku gipimo cya 8.3 wahitanye abantu 40,900 mu gace ka Tsinghai. Mu 1939 Adolph Hitler wari uyoboye Ubudage yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na Benito Mussolini wari uyoboye Ubutariyani, ayo masezerano akaba yariswe “Pact of Steel”.

Adolph Hitler na Benito Mussolini basinya amasezerano y’ubufatanye

Mu 1942: Igihugu cya Mexico cyatangaje ko kigiye gutangiza intambara ku Budage ndetse n’u Buyapani icyarimwe.

Mu 1947: Bwa mbere Leta zunze ubumwe za Amerika zashyize hanze igisasu cyitwa Ballistic missile gishobora kugenda mu muyaga ibirimetero byinshi gikoresheje imbaraga zacyo bwite.

Mu 1957: Leta y’Afurika y’Epfo yatoye itegeko rishyiraho amashuri ya kaminuza y’abirabura n’abazungu bakajya biga batandukanye mu buryo bw’ivangura.

Kuya 22 Gicurasi mu 1959 umwirabura wa mbere witwaga Benjamin O Davis yabonye ipeti rya Major General mu gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kirwanira mu kirere (US Airforce).

Umwirabura Benjamin O Davis ahabwa ipeti rya Major Jeneral

Mu 1990 uruganda rwa Microsoft rwashyize hanze icyiciro cya gatatu cy’ikoranabuhanga muri za mudasobwa cyiswe Windows 3

Mu 1990 kandi, icyari Yemen y’Amajyaruguru n’iy'Amajyepfo byarihuje bikora Repubulica ya Yemen.

Mu 1991 uwari Minisitiri w’intebe muri Koreya y'Epfo yasezeye ku kazi nyuma ntihamenyekana impamvu nyakuri yabimuteye.

Mu 1996: Ku mukino wa nyuma wa UEFA champions League, ikipe ya Juventus yatsinze Ajax penalite 4-2 kuko umukino wari warangiye ari 1-1 ihita itwara igikombe.

Mu 1997: Umugore witwa Kelly Flinn yahawe igihembo cy’umugore wa mbere witwaye neza mu gutwara indege z’intambara zirasa ibisasu bikomeye(bombardiers) muri USA.

Mu 2004: Ku mukino wa nyuma wa FA cup ikipe ya Manchester united yatsinze Millwall 3-0. Muri uyu mukino umukinnyi Ruud Van Nisterlrooy yatsinze ibitego bibiri naho Cristiano Ronaldo atsinda igitego kimwe.

Kuri iyi tariki nanone mu 2010 umuhanga mu by’ikirere witwaga Nicolaus Copernicus wo mu gihugu cya Poland yongeye gushyingurwa muri cathedral ya Frombork ho muri Poland nyuma y’imyaka 200 hashakishwa ibisigazwa by’umubiri we.

Mu mwaka wa 2011 umuyaga ukomeye cyane wiswe EF5 wishe abantu 158 mu mujyi witwa Joplin ho muri Leta ya Missouri mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za America. Uyu muyaga wabaye uwa mbere wishe abantu benshi muri iki gihugu kuva mu 1950.

 Ingaruka z’umuyaga wiswe EF5 muri USA

Muri 2015 mu gihugu cya Ireland abaturage batoye ku bwiganze itegeko ryo kwemerera abahuje ibitsina gusezerana imbere y’amategeko.  

Muri 2017: Igitero cy’umwiyahuzi ahitwa Manchester Arena mu bwongereza cyahitanye abagera kuri 22 naho 59 barakomereka nyuma y’igitaramo cy’umuhanzikazi Ariana Grande.

Kuya 22 Gicurasi 2018 nyiri Facebook Mark Zuckerberg yarezwe ndetse anabazwa n’Inteko Nshingamategeko y’uburayi i Buruseli ku bijyanye n’umutekano muke w'abakoresha urubuga rwe rwa Facebook.

Uwashinze Facebook Mark Zuckerberg

Mu 2018: Urukiko rwo muri Australia rwashinje bwa mbere musenyeri w’agace kitwa Adelaide witwa Philip Wilson kubera gufata ku ngufu abana b’abakobwa, ndetse kuva icyo gihe abapadiri benshi bahita bajyanwa mu rukiko bashinjwa ibyaha nk’ibyo.

Musenyeri Philip Wilson washinjwe gufata ku ngufu muri Australia

Muri 2019 kuri iyi tariki inama rusange ya UN yarateranye yiga ku kibazo cy’ubwongereza bwiyitirira ibirwa bya Chagos Islands byo mu nyanja y’abahinde ndetse bukaba bushaka kubyomeka ku birwa bya Mauritius

Muri 2019 kuri iyi tariki ya 22 gicurasi Leta ya Washington yabaye iya mbere ku isi mu gutora itegeko ryemera gukoresha imibiri y’abantu bapfuye mu gufumbira imyaka.

Source: othisday.com

Umwanditsi: Soter Dusabimana-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND