Nsanzimfura Keddy w’imyaka 18 yari Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 17 yitabiriye imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2019, yabereye muri Tanzania mu 2018, yakiniye ikipe ya Kiyovu Sports muri uyu mwaka w’imikino, kuri ubu yamaze gusesekara muri APR FC aho yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.
Uyu
musore ukiri muto ukina mu kibuga hagati asatira izamu, yamaze kumvikana n’ubuyobozi
bwa APR FC, ahita anashyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri azakinira iyi
kipe y’Ingabo z’igihugu.
N'ubwo
uyu mukinnyi yongereye amasezerano y’imyaka itanu muri Kiyovu Sports mu mwaka
ushize, ntibyamubujije kwerekeza muri APR FC nubwo ibyo iyi kipe yamutanzeho
bitarajya ahagaragara.
Nsanzimfura
Keddy ni umwe mu bakinnyi bakiri bato b’abahanga, aho yari amaze imyaka ibiri
akinira Kiyovu Sports, gusa mu mwaka ushize w’imikino ntiyabonye amahirwe yo
gukina imikino myinshi abanje mu kibuga nyuma y'aho iyi kipe igaruye Habamahoro
Vincent ndetse na Martin Fabrice.
Kedd abaye umukinnyi wa mbere APR FC isinyishije kuri iri soko, ikaba kandi yifuza abandi bakinnyi barimo Ndayishimiye Dieudonné na Ruboneka Jean Bosco bakina muri AS Muhanga. Aba bombi ibiganiro n’iyi kipe byamaze kugera ku musozo ndetse isaha n’isaha bashyira umukono ku masezerano.
APR
FC ifite amahirwe menshi yo kuzahabwa igikombe cya shampiyona cy’umwaka w’imikino
wa 2019/20, nyuma y'uko shampiyona ihagaritswe ariyo iyoboye urutonde rwa
shampiyona. Bityo rero igomba kwitegura ko ariyo izaserukira u Rwanda mu mikino
ya CAF Champions League mu mwaka utaha.
Nsanzimfura Keddy yamaze gusinya imyaka ibiri muri APR FC
TANGA IGITECYEREZO