Kuri uyu wa gatatu, umubare w’abahitanwa n’icyorezo cya coronavirus mu Bufaransa wazamutse ugera ku 2
Minisiteri y’ubuzima mu Bufaransa yatangaje ko hapfuye
abantu 110 bashya mu bitaro no mu bigo byita ku bageze mu za bukuru, nyuma
y'umunsi umwe bavuguruye umubare w'abapfuye bose bakamanuka kubera ihinduka
ryatangajwe n'ibigo nderabuzima byo mu karere.
Ku munsi w’ejo umubare w’abanduye bemejwe wiyongereyeho 418 ugera kuri 143.845,
Minisiteri yavuze ko kuwa kabiri w’iki cyumweru umubare
w'abantu bari mu bitaro wagabanutse ugera ku 17.941 uvuye kuri 18.468 naho
umubare w'abantu bari mu bigo nderabuzima wagabanutse ugera ku 1.794 uvuye kuri
1.894.
Iyi mibare yombi ni ibipimo ngenderwaho byerekana ko iki
gihugu kirimo kugerageza guhangana n’iki cyorezo
Mu kiganiro n'ikinyamakuru Le Parisien, Geneviève Chêne,
umuyobozi w’ikigo cy’ubuzima Santé publique France (SPF), yavuze ko nta
kimenyetso cyerekana ko iki cyorezo kirimo kwiyongera bikabije nubwo hri
abakiri kwandura bacye Ati: "Tugomba gutegereza kugeza mu mpera
z'icyumweru gitaha kugira ngo tumenye niba iki cyorezo cyongeye
kwiyongera",
Src: Reuters
TANGA IGITECYEREZO