Ubuyobozi bw’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, SKOL Brewery Ltd (SBL), bwafashe icyemezo cyo kugoboka abakinnyi ba Rayon Sports, bubaha inkunga y’ibiribwa n’amafaranga muri ibi bihe bya Coronavirus bahagarikiwe umushahara wabatungaga.
Uruganda
rwa SKOL rumaze hafi imyaka itandatu ari umufatanyabikorwa mukuru wa Rayon
Sports, aho ruyiha miliyoni 66 Frw ku mwaka, gusa magingo aya ntabwo
impande zombi ziri kumvikana ku ngingo
zimwe na zimwe kuko hari ibyo uruhande rumwe rushaka ko bihinduka mu masezerano.
Amakuru
agera ku Inyarwanda yemeza ko Ubuyobozi bwa SKOL bwafashe icyemezo cyo guha buri
mukinnyi wa Rayon Sports inkunga y’ibihumbi ijana y'amanyarwanda (100,000 Frw), n’umufuka w’umuceri
w’ibilo 25, bizatangwa muri iki cyumweru.
Abakinnyi
n’abatoza ba Rayon Sports baheruka inkunga y’ibihumbi 100 Frw ku bafite
imiryango n’ibihumbi 50 Frw ku ngaragu, bahawe n’amatsinda y’abafana b’iyi kipe
yabigabanyije ngo abiteho. Iyi nkunga yatanzwe ikurikiye ibyiciro bibiri
by’ibihumbi 50 Frw byatanzwe n’ikipe binyuze ku mafaranga yakusanyijwe
n’abafana.
Abajijwe
ku mubano wa Rayon Sports na SKOL mu kwezi gushize, Perezida Sadate yagize ati “Ibya
SKOL mbona natwe bisa n’ibiri mu marembera. Undi mufatanyabikorwa
azaboneka rwose. Ibya SKOL na Rayon Sports mbona ari nka bus yacitse feri
isigaje kugira aho yegama”.
Tariki
ya 20 Werurwe 2020, Perezida Sadate yavuze ko kuva yatorerwa kuyobora iyi kipe
nta mafaranga y’uru ruganda yabonye.
Mbere
y’uko uyu mwaka w’imikino urangira, SKOL izaha Rayon Sports miliyoni 33 Frw
nk’igice cya kabiri cya miliyoni 66 Frw iyigomba buri mwaka hanyuma izindi 33
Frw zikaba zarishyuye umwenda iyi kipe yafashe mu mwaka ushize w’imikino.
SKOL yageneye inkunga abakinnyi ba Rayon Sports muri ibi bihe bya Coronavirus
TANGA IGITECYEREZO