Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize nibwo abagororwa bari muri gereza yo mu gihugu cya El Salvador bahatiwe gufungirwa muri gereza imwe, abayobozi birengagije intera igomba kuba hagati yabo babafungira hamwe nyuma yo kubona ubwicanyi 22 bwakozwe ku wa Gatanu.
Mu myaka micye ishize, El Salvador, imaze igihe
yibasiwe n’udutsiko twinshi two mu muhanda tuzwi ku izina rya maras, twagize
umubare munini w’ubwicanyi ku mugabane wa Amerika.
Urukiko rushinzwe kubahiriza itegeko nshinga rwemeje
ko abantu bamwe bafunzwe mu buryo butemewe n'amategeko barekurwa kubera
icyorezo ariko Perezida Nayib Bukele
yakomeje kurengera ububasha bwa polisi bwo gufunga abantu no kubohereza mu
kato.
Celia Medrano, umuyobozi mukuru wa gahunda
y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ukorera mu mujyi wa San Salvador,
Cristosal, yabwiye Al Jazeera ati: 'Guverinoma ishimangira gukoresha ifungwa
nk'igihano ku muntu wese urenga ku mabwiriza nyobozi, ariko uyu munsi
biratandukanye kubera ikibazo dufite”.
Src: Aljazeera
TANGA IGITECYEREZO