Ministre w'intebe w'ubwongereza, Bwana Johnson yavuganye na Perezida wa Amerika kuri telefoni mu ntangiriro z'iki cyumweru, amubwira ko ameze neza kandi yiteguye gusubira mu kazi.
Mu kiganiro
n'abanyamakuru kuri Covid-19 Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika yagize
ati: "Mu minsi yashize [Boris] yarampamagaye ndababwiza ukuri ntabwo asanzwe
Mu byukuri naratangaye nari niteze ko ambwira ati Oh Donald, umeze ute? Ariko nasanze yiteguye gusubira mu kazi kuwa
mbere ,naratunguwe pe cyane ko nta minsi myinshi ishize avuye mu bitaro"
Ati "Ni inshuti yacu kandi ni inshuti yanjye byumwihariko , Akunda igihugu cyacu, akunda igihugu cye cyane, ariko kandi yubaha igihugu cyacu , bafite amahirwe yo kuba bamufite."
Ibitekerezo bye byagarutsweho muri iki gitondo n’umunyamabanga w’ubuzima, Matt
Hancock. ati: "Naganiriye na Minisitiri ejo, ameze neza kandi ameze neza
cyane. "Biragaragara ko arimo gukira."
Mu ntangiriro z'uku kwezi, nibwo Minisitiri w’intebe
yavuye mu bitaro by’i Londres kandi akomeza gukira indwara ya COVID-19.
Ikinyamakuru Telegraph kivuga ko bivugwa ko ateganya gukora inama n’aba minisitiri mu cyumweru gitaha kugira ngo bahaguruke.
Minisitiri w’intebe kandi yavuganye n’umwamikazi nijoro ko ari kugenda amera neza kurutaho.
Src: The guardian.com
TANGA IGITECYEREZO