RFL
Kigali

Umuraperikazi akaba n’Umunyamidelikazi Chynna Rogers yitabye Imana

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:10/04/2020 10:37
0


Inkuru ziri gucicikana hirya no hino ku Isi, ni uko umuraperikazi mu njyana ya Hip Hop , Chynna Rogers ukorera muzika ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yitabye Imana ahitanwe n’ibiyobyabwenge byamuzahaje.



Umuraperikazi akaba n'umunyamidelikazi w’umunyamerika, Chynna Rogers, wabaga no mu itsinda rya ASAP Mob, itsinda ry’abanyamerika  bakora injyana ya Hip Hop, byatangajwe ko yitabye Imana nyuma yo kwishora mu biyobyabwenge.


Umuyobozi we, John Miller wemeje aya makuru, yavuze ko icyateye urupfu rw'uyu muraperi ari ibiyobyabwenge dore ko n’ibinyamakuru nka ABCNEWS byemeza ko yazize ibiyobyabwenge byamusagutse.

Mu magambo ya Miller yavuze ati: “Ndashobora kubabazwa no kwemeza ko Chynna yapfuye, Chynna yarakunzwe cyane kandi azakumburwa cyane ibiyobyabwenge bishobora kuba ari byo byamuhitanye”.

Nyuma yo kwemeza urupfu rw'uyu muraperi Chynna upfuye akiri muto ku myaka 25 y’amavuko, itsinda rye naryo yabarizwagamo  rya  True Panther ryajyanye ubutumwa kuri Instagram mu gushimangira urupfu rw’uyu mukobwa.

Mu butumwa True Panther kuri konte yabo ya Instagram bagize bati "Kuruhukira mu mahoro Chynna. Turavunitse umutima, kohereza urukundo kubo yasize bose wari umumarayika.”


Rogers yari azwiho kurwanya ibiyobyabwenge bya opioid. Uyu muraperikazi wari ukiri muto yasohoye indirimbo ye ya mbere yise  'Selfie' na 'Glen Coco' mu 2014 , yazisohoye afashijwe n’itsinda  A $ AP aza kubarizwa muri  label ya Marino Gang ya DJ Nick.



Chynna Rogers yitabye Imana azize ibiyobyabwenge





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND