Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisante, riragaragaza ko uyu munsi habonetse abandi bantu bashya 10 bafite uburwayi bwa COVID-19.
Ibi bikaba byatumye
umubare w’abarwaye Koranavirusi mu Rwanda ugera kuri mirongo irindwi (70)
· Abantu
batandatu(6) baje baturutse Dubai bahita bashyirwa mu kato.
·
Abantu babiri (2) baje baturutse muri
Afurika y’epho bahita bashyirwa mu Kato.
·
Umuntu umwe (1) waje aturtse muri
Nigeria ahita ashyirwa mu kato.
· Umuntu
umwe (1) yagize ingendo zitandukanye mu bihugu by’Afrika y’iburasizuba, ahita
ashyirwa mu kato.
Abarwayi bose bavurirwa
ahantu bahugenewe kandi bari koroherwa. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya
Koronavirusi bagaragaza . Nta n’umwe urembye. Hanashakishizwe abantu bose
bahuye nabo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.
Abaturarwanda bose
barasabwa gukomeza kwitwararika, nk’uko byatangazwe na Leta y’u Rwanda, ingamba
zafashwe zigomba gukomeza gushyirwa mu bikorwa: Ubucuruzi bw’ibikorwa bitari
iby’ibanze bwarahagaritswe, ingendo zihuza imijyi n’utureere zarahagaritswe
ndetse n’ingendo zitari ngombwa no kuva mu ngo nta mpmavu zihutirwa
birabujijwe. Abantu bose bageze mu Rwanda mu byumweru bibiri (2) bazashyirwa mu
kato mu gihe cy’iminsi 14 guhera igihe bagereye mu Rwanda.
Ubufatanye bwa buri
Munyarwanda na buri Muturarwanda ni ingenzi. Turashimira ubwitange n’umurava
by’abakora mu nzego z’ubuzima bakomeje guhabwa ubufasha mu kubungabunga ubuzima
bwacu twese.
Murasabwa gukomeza
kubahiriza amabwiriza y’inzengo z’ubuzima hitabwa cyane cyane gukaraba intake
kesnhi kandi neza hanubahiirizwa intera ya metero imwe (1) hagati y’abantu.
TANGA IGITECYEREZO