Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda kirasaba abaturarwanda kutihutira kugura imiti isanzwe ikoreshwa mu bundi buvuzi bakeka ko ivura cyangwa ikingira COVID-19 kandi bitaremezwa n'inzego zibishinzwe.
Mu itangazo Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa
n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyashyize ahagaragara, riramenyesha
abanyarwanda n’abaturarwanda bose ko imiti ya Chloroquine na Azithronycin
itaremezwa nk’imiti ivura cyangwa irinda indwara ya Koronavirusi ( COVID-19) mu
Rwanda ndetse n’umuryango w’abibumbye witwa ku buzima OMS. Ubushakashatsi ku
muti ukwiye ndetse n’urukingo bya Koronavirusi burakomeje kandi ibizavamo
muzabimenyeshwa.
Mu Rwanda imwe mu miti yavuzwe hejuri isanzwe
ikoreshwa mu kuvura izindi ndwara. Ku bw’ibyo rero, ikoreshwa ry’iyo miti mu
buryo itagenewe rirabujijwe kandi imwe muriyo isanzwe itangwa gusa iyo
yanditswe na Muganga herekanwe urupapuro mpeshamiti.
Abahanga mu by’imiti barasabwa gukomeza kubahiriza amahame agenga itangwa ry’imiti n’ikoreshwa ryayo. FDA irongera kwibutsa abanyarwanda gukurikiza amabwiriza arimo ku #GumaMurugo n'andi yatanzwe na Guverinoma mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19.
TANGA IGITECYEREZO