RFL
Kigali

Dore amakosa ukwiye kwirinda gukora igihe warakaranyijwe n’umukunzi wawe

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:28/03/2020 10:23
0


Bajya bavuga ngo ntazibana zidakomana amahembe. Hari ubwo bibaho ko abantu bakundana bashobora kugira ibyo batumvikanaho bakaba barakaranya bagatangira kutavuga rumwe cyangwa umwe akihorera undi bitewe n’uburyo atwaramo uburakari bwe.



Igihe rero ibi byabaye mu rukundo rwanyu ugashaka kugeregeza gutuma umukunzi wawe acururuka hari uburyo ugomba kumutwaramo. Dore amakosa akomeye uzirinda.

 

1. Irinde kumuhatiriza

Ushobora kwibwira ko kumuhamagara ubudakuraho telephone cyangwa mesaje za buri kanya byaba uburyo bwiza bwo kumugarura mu murongo ariko uba wibeshye. Niba wamurakaje ni byiza yego kumuhamagara ukamusaba imbabazi ariko ntubikore uhozaho. Hari ubwo umwanya uba uri kumubuza wo kwitekerezaho ari wo wari gutuma acururuka. Mureke afate akanya ke yitekerezeho utegereze ko akwereka ko akeneye kongera kuvugana nawe aho kuguma kumuhamagara no mugihe yakweretse ko adashaka kuvuga.

 

2. Irinde kumwereka ko ubuzima bwahagaze

Hari ubwo urakaranya n’umukunzi bikaba ngombwa ko yumva akwanze ndetse atanakwifuza ukundi. Niba ibi bibaye, irinde kumwereka ko bikurangiriyeho ahubwo ukomeze ubuzima ku buryo akwifuza ariwe. Mwereke ko ubuzima bukomeje kuburyo n’undi yakwifuza kuba mu rukundo nawe, mbese umutere ishyari atazumva ko arekuye wagwa ngo nawe umuhe urwaho rwo kubibona gutyo.

Agaciro kawe azakabonera mu kumwereka ko nawe utamufite ubuzima bwakomeza kurusha kumwereka ko agufatiye serumo.

 

3. Irinde kwiyahuza inzoga n’ibindi byo guta umutwe

Hari abantu bagira ikibazo akihutira kwiyahuza inzoga nyamara burya ntacyo zikemura ahubwo zongera ibibazo. Umukunzi wawe iyo abibonye biramubabaza ndetse bisa no kwitesha agaciro akabona ko kwihangana kwawe ari guke.

Kuba mugiranye ikibazo ntibikuraho ko ukeneye ubuzima bwiza ngo ukomeze ubeho n’ibindi bikorwa byawe bikomeze. Mwereke ko ukomeje kwiha agaciro kandi uzirikane ko ejo hawe ari ingezi kuruta kwisenya byiteka wiyahuza ibiyobyabwenge.

 

Igihe cyose ugiranye ikibazo n’umukunzi wawe kabone n’ubwo mwaba mwatandukanye burundu, kugira ngo umugarure ni uko ushyira imbere kwiyitaho ukamutera ishyari kuruta kwiyandarika wishora mu ngeso mbi.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND