RFL
Kigali

Ibintu 3 ibigo by'itumanaho bikomeye muri Afurika biri gutanga umusanzu mu kurwanya Covid-19

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/03/2020 14:02
0


Icyorezo cya covid-19 cyahungabanije ibintu byinshi ku buryo imirimo n’amashuri byahagaritswe henshi, abantu ibihumbi n'ibihumbi bishyize mu kato bari mu ngo zabo hagamijwe gukumira ikwirakwizwa ry’iki cyorezo muri Afurika.



Mu rwego rwo kugira ngo abantu badakomeza guhura ndetse n’ibikorwa bimwe bikomeze, ibigo by’itumanaho bikomeye muri Afurika byatanze igisubizo.

Dore uko biri kurwana urugamba rwiza:

1.      Gukomeza gahunda yo kwigisha no gukurikirana amasomo hakoreshejwe iyakure.

MTN yo muri Ghana yashyizeho 'care pack' ni uguha abafatabuguzi uburyo bwo gukurikirana amasomo hakoreshejwe iyakure (online) ni gahunda igamije gutera inkunga uburezi, abiga bakiga batavuye mu ngo zabo. MTN yo mu Rwanda iherutse gushyira igorora abakiriya bayo aho kohereza amafaranga kuri Mobile money ari ubuntu mu gihe cy'amezi 3.

Muri Afurika y'Epfo naho, Vodacom yongereye cyane ubushobozi bwa seriveri ku bafatabuguzi bayo bose aho Urubuga rwa interineti rukubiyemo ibikoresho byo kwiga mu ndimi zose 11 zemewe abiga bakabona uko bakurikira amasomo mu buryo bwiza harimo kubaha umukoro, umwanya w’ibibazo ndetse na videwo zo kwiga bihujwe neza na gahunda yaho yiswe CAPS.

2.      Hakuweho ikiguzi mu kohererezanya amafaranga no kuyakira

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko guhana inoti ari bumwe mu buryo COVID-19 ikwirakwizwa. Ni muri urwo rwego umuyobozi mukuru wa MTN ya Zambiya, Bart Hofker agira ati: “[hakenewe] byihutirwa gukuraho ibintu byo kugendana amafaranga mu ntoki  kugirango hagabanywe ikwirakwizwa rya Covid-19.

Ni yo mpamvu MTN Zambiya ndetse na Safaricom ya Kenya bakuyeho ikiguzi abantu bacibwaga bohereza cyangwa bakira amafaranga yoherejwe kuri terefone igendanwa. Aba bombi bavuga ko bakorana cyane n’intara zabo, amabanki kugira ngo barebe ko byakorwa amafaranga adakomeje guca mu ntoki z’abantu.

3.      Gutanga ubufasha ku bikorwa by’ubuvuzi

Telkom yo muri Afurika y'Epfo yiyemeje gutanga hafi ibihumbi 850 by'amadolari yo kongera ingufu mu bikorwa by'ubuvuzi bw'ibanze mu gihugu mu rwego rwo kurwanya Covid-19. Umuyobozi mukuru w'itsinda rya Telkom, Sipho Maseko abitangaza, yavuze ko aya mafaranga azakoreshwa mu gutera inkunga abakozi bashinzwe ubuzima bari guhangana n’iki cyorezo mu baturage ba Afurika y’Epfo.

Telkom irahamagarira andi mashyirahamwe yo muri Afurika y'Epfo ndetse n’abaturage kugira uruhare mu gutanga umusanzu wabo bagahangana n’iki cyorezo muri iki gihugu.

Src: itnewsafrica-com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND