RFL
Kigali

RIB irakangurira abaturarwanda kwirinda abatekamutwe bashaka kubambura ibyabo bitwaje icyorezo cya coronavirus

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:20/03/2020 11:00
0


Muri iki gihe Isi n’u Rwanda birimo guhangana n’icyorezo cya Korona Virusi, bimaze kugaragara ko hari abatekamutwe barimo kwitwaza zimwe mu ngamba zashyizweho bagamije kwambura abaturage ibyabo.



RIB irasaba abanyarwanda kuba maso iti"Turasaba abaturarwanda ibi bikurikira:

1. Kwirinda abiyitirira abakozi ba RIB bagasaba amafaranga imiryango y'abafunzwe bavuga ko ari ayo kugira ngo bashyirwe ku rutonde rw’abagomba gufungurwa mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Korona Virusi muri za Gereza no muri kasho za sitasiyo za #RIB.

2.  Kwirinda abiyitirira ko bakora mu nzego za Minisiteri y’Ubuzima mu itsinda rishinzwe gutera imiti yica Korona Virusi mu mazu atuwemo bagamije kugira ibyo bibamo.

3.  Kwirinda abababeshya ko hari umuti uvura iki cyorezo cya Korona Virusi bigatuma abaturage badakurikiza amabwiriza n’ingamba zo kuyirinda zashyizweho na Minisiteri y’Ubuzima.

4. Kwirinda ababagurisha imiti y’imyiganano ikoreshwa mu gusukura intoki hagamijwe kwirinda Korona Virusi.

Turasaba abaturwanda gutanga amakuru kuri aba batekamutwe ku murongo wa RIB utishyurwa 166 cyangwa ku zindi nzego z’umutekano zibegereye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND