RFL
Kigali

Ibimenyetso byakwereka umuntu uhubuka mu gihe cyo gutereta

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:16/03/2020 17:54
0


Abahanga mu by’urukundo bavuga ko urukundo nyarwo rudahutiraho, ibyo bagereranya no gutumiza ibicuruzwa ahantu runaka bikakugeraho nko guhumbya.



Guhitamo uwo mubyumva kimwe, muzabana ubuzima bwose bigomba kwitonderwa, abantu bakagenzurana, bakamenyana bihagije mbere yo kwinjira mu mushinga w’urukundo bashaka kubyaza umusaruro.


Inzobere mu by’imibanire zagaragaje bimwe mu bintu biranga umuntu ushyuhaguzwa mu rukundo. Uyu mushinga akenshi uba ugamije kureba uwo muzabana ubuzima buri imbere.

 

-  Kwandikirana ubutumwa bugufi bwa buri kanya

Kimwe mu bimenyetso bigaragaza guhubuka mu gihe cyo kurambagizanya, ni ikoreshwa ry’ubutumwa bugufi bwa buri kanya. Akenshi iyo umwe yandikiye mugenzi we ntamusubize bibiba umwuka mubi ndetse umwe akaba yagaragara nk’ubuza mugenzi we amahwemo.

-  Gukururana ahantu hose

Abahanga mu by’imibanire bagaragaza ko gukururana hagati y’abakundana haba mu kazi cyangwa mu rugo bishobora guteza ikibazo mu rugendo rwo kurambagizanya. Bamwe babigereranya n’umuriro ugurumana ariko uzima vuba. Ibi bigira ingaruka zirimo guharurkwana vuba cyane ko burya mu rukundo mukenera gukumburana kugira ngo rurusheho kuryoha. Iyo rero mutandukana ari uko mugiye kuryama gusa biba bishobora gutuma rukonja vuba.

 

-  Gushaka kwishumbusha vuba

Rimwe mu makosa benshi bagwamo ni igihe, umuntu atandukanye n’umukunzi we bari bamaranye igihe, agashaka kwishumbusha undi ndetse akabigaragaza mu ruhame bataranamenyana neza.

Ibi bikorwa nk’iturufu yo kwikura mu bwigunge n’ubuzima bwa wenyine, bituma abyihutisha yumva ko bizaramba ariko akenshi bikarangira umwe atengushye undi.

Abahanga mu by’imibanire basobanura ko nyuma yo gutandukana hakwiye kubanza kubaho kwisuzuma no gutegura urukundo rwawe rw’ahazaza ngo utazongera gutsikira.

 

-  Kwishushanya wanga kubabaza uwo ukunda

Icyizere hagati y’abakundana cyubakwa buhoro ndetse ntabwo gikwiye kuba ikiguzi cy’ibyo wirengagiza cyangwa wigomwe wabikundaga ngo umuntu akwizere. Kuremamo umuntu icyizere ntibisaba kwibabaza ahubwo ibikorwa bihura n’ibyo uvuga ariko ugakomeza ukaba wowe aho guhinduka uwo utariwe.

 

-  Kumwinjiza mu mishinga y’ahazaza

Inzobere mu by’imibanire muri Leta ya New York, Moshe Ratson, yavuze ko abantu biruka mu rukundo usanga uyu munsi yakubwiye ijambo “ndagukunda”, bwacya agatangira kugushyira muri gahunda ze.

Abantu benshi bitiranya urukundo no kuba mu rukundo kuko mu ntangiriro uba ukunda umuntu ariko uko ugenda umumenya nibwo wavuga ko uri mu rukundo kuko uba umeze nk’uwabonye uwo mukomezanya ubuzima ukaba wanagirana gahunda zihariye nawe. Ku mwinjiza mu mishinga yawe huti huti bigira ingaruka cyane kuko iyo mudakomezanyije hari ibyangirika cyane.

 

-  Kutita ku byo mutumvikanyeho

Birasanzwe ko abantu hari ibyo batumvikanaho ariko kwiyumvisha ko ubwo icyo umukunzi wawe yahakanye azageraho akisubiraho ni icyerekana ko wihuse. Abakundana bagomba kuganira ku ngingo zitandukanye zaba iz’idini n’indi myemerere, bakabivaho bafashe umwanzuro. Hari ubwo ubyirengagiza uzi ngo azisubiraho bikarangira bibaye ikibazo gikomeye cyanatuma muhagarika ibyo gukundana.

 

-  Kwihutira kuvanga umutungo

Imwe mu ngingo ikunze kugarukwaho cyane ku bitegura kurushinga ni uburyo bazajya bakoresha umutungo wabo. Kuvanga umutungo si bibi ariko bikunda gutera ikibazo iyo bikozwe bihubukiwe.

 

Inzobere mu by’imibanire zemeza ko kurambagiza ari urugendo, rugira intambwe ruheraho, rukagenda rukura, kugeza rushibutsemo ubumwe bwa babiri bemeranya kubana akaramata. Izi nzobere zigira inama abarambagiza kutagira intera basimbuka kuko iyo wihutishije ibintu akenshi ntibirangira neza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND