RFL
Kigali

Nyuma ya Cristiano, Lionel Messi nawe yishyize mu kato kubera Coronavirus - AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:15/03/2020 12:35
0


Umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Lionel Messi, ukinira ikipe ya FC Barcelone yo muri Espagne ndetse n’ikipe y’igihugu ya Argentine, yahisemo kwishyira mu kato mu rwego rw gutinya ko ashobora kwandura icyorezo cya Coronavirus.



Ibinyamakuru bitandukanye byiganjemo ibyandikirwa muri Espagne byatangaje ko Messi yishyize mu kato mu nzu ye iri mu Mujyi wa Barcelona, iyo nzu ikaba irimo ikibuga cy’umupira w’amaguru aho gukorera imyitozo ngororamubiri ndetse na pisine kugira ngo akomeze kumera neza.

Messi yahisemo kwiheza yifungira iwe mu rugo kugira ngo atazagira aho ahurira n’icyorezo cya Coronavirus cyashize imizi muri Espagne ndetse no mu bindi bihugu ku migabane itandukanye.

Lionel Messi w’imyaka 32 na bagenzi be basabwe kuba bishyize mu kato mu rwego rwo gutinya no kwirinda ko bakwandura indwara ya Coronavirus.

Ni nyuma y’aho Shampiyona y’Umupira w’amaguru  ndetse n’ibindi bikorwa bya siporo bihuriramo abantu benshi muri iki gihugu bihagaritswe mu gihe kingana n’ byumweru bibiri, kugira ngo bafatire ingamba Coronavirus.

Cristiano Ronaldo niwe wafashe iyambere mu kwishyira mu kato, aho yahise yerekeza ku ivuko i Madeira mu gihugu cya Portugal nyuma y’aho u Butaliyani buhagarikiye Shampiyona ndetse n’ibindi bikorwa bya siporo kugira ngo hirindwe ikwirakwizwa ry’iyi Virus ya Corona.


Messi yahisemo kujya akorera imyitozo mu rugo iwe


Messi afite ikibuga cy'imyitozo mu rugo iwe


Iyo Messoi ari iwe mu myitozo



Kwa Messi mu rugo





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND