Ikipe ya Rayon Sports FC yatangaje ko rutahizamu ukomoka muri Ghana, Michael Sarpong, wari warerekeje mu Bushinwa gukinayo, ariko akaza kugaruka bitewe n’icyorezo cya Caronavirus ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Kane, aho aba aje gufatanya na bagenzi be mu rugamba barimo rwo kwegukana ibikombe bikinirwa imbere mu gihugu.
Nyuma
yuko ibikorwa bya Siporo bihagaritswe mu gihugu cy’ubushinwa kubera icyorezo
cya Coronavirus cyibasiye iki gihugu byatumye benshi mu bari batuye muri iki
gihugu bagihunga abandi batarandura basubira mu bihugu byabo.
Nyuma
y’itangazo rihagarika ibikorwa bya siporo mu bushinwa ryasohowe na Minisiteri
ya Siporo muri iki gihugu, byatumye abakinnyi barimo Jules Ulimwengu na Sarpong Michael bari
baragiye mu igeragezwa mu makipe yaho bagaruka.
Ubuyobozi
bwa Rayon Sports bwatangaje ko uyu musore nta miziro afite imubuza kugaruka
kuyikinira.
Mbere
yo guhita agaruka mu Rwanda, Sarpong yabanje kunyura muri Ghana, aho avuka
abanza kujya kwita kuri Mama we umubyara wari ufite ikibazo cy’uburwayi.
Sarpong
akaba agarutse gukinira Rayon Sports mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’u
Rwanda mu mwaka wayo wa 2019-2020, igeze ku munsi wa 22.
Rayon
Sports yemeje igaruka ry’uyu rutahizamu nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu
yasinyishije umutoza Casa Mbungo, ku masezerano y’amezi ane ashobora kongerwa.
Mu
butumwa Rayon Sports yanyujije kuri Twitter, yagize iti "Rutahizamu wacu
ukomoka muri Ghana @msarpong45 yagarutse … Arahagera bitarenze uyu munsi…
Mwitegure kumubona atsinda ibitego atozwa na Casa Mbungo Andre...”
Sarpong
wagiriye ibihe byiza muri Rayon Sports, ayigarutsemo bitewe n’uko ibikorwa
byose by’imikino mu Bushinwa byahagaritswe kubera Coronavirus nshya yibasiye
iki gihugu, ndetse ikomeje gukwirakwira hirya no hino mu mahanga.
Mu
mwaka ushize w’imikino, yatsinze ibitego 16 muri Shampiyona y’u Rwanda mu gihe
igice cy’imikino ibanza ya Shampiyona y’uyu mwaka w’imikino wa 2019/20,
cyarangiye afite ibitego bitandatu, akaba ari nabwo yahise yertekeza mu
Bushinwa.
Sarpong
asanze Rayon Sports ihagaze ku mwanya wa Gatatu muri shampiyona y’u Rwanda aho
irushwa na APR FC ya mbere amanota arindwi.
Sarpong yagarutse muri Rayon Sports
Igice kibanza cya shampiyona Sarpong yatsinze ibitego bitandatu
TANGA IGITECYEREZO