Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe ya Manchester United, Harry Gregg ukomoka muri Ireland y’Amajyaruguru, yitabye Imana ku myaka 87 y’amavuko, urupfu rwe rukaba rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.
Gregg
ni umwe mu barokotse impanuka y’indege yabereye i Munich mu 1958 yatwaye
ubuzima bw’abantu 23, akaba yibukirwa ku ruhare rukomeye yagize mu kurokora
abandi bagenzi bari kumwe, harimo n’abakinnyi bakinanaga muri Manchester United,
barimo Sir Bobby Charlton, Dennis
Viollet na Jackie Blanchflower.
Si
abo gusa kuko Gregg yarokoye umugore w’umudiplomate ukomoka muri Yugoslavian
wari utwite inda nkuru ndetse n’umukobwa we w’imyaka ibiri.
Bwa
mbere Gregg yaciye agahigo ko kuba umunyezamu uguzwe amafaranga menshi mu
mateka y’umupira w’amaguru ku Isi, mu Ukuboza 1957 ubwo yavaga muri Doncaster
Rovers ajya muri Manchester United aguzwe ibihumbi 23,500 by’ama-Pound.
Urupfu
rwe rukaba rwatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere n’umuryango yashinze
witwa’ The Harry Gregg Foundation’ unyuze ku rukuta rwawo rwa Facebook, aho bagize bati”N’agahinda kenshi tubabajwe no
kubamenyesha urupfu rw’uwahoza akinira Manchester United n’ikipe y’igihugu ya
Ireland y’Amajyaruguru Harry Gregg”.
Banyuze
ku rukuta rwa Twitter, bamwe mu bakinnyi bakiniye Manchester United mu myaka
yashize, barimo Rio Ferdinand na Gary Neville, batanze ubutumwa bwihanganisha
kandi bunakomeza umuryango we ndetse n’umuryango
mugari wa Manchester United.
Gregg
yatangiye umwuga wo gukina umupira w’amaguru mu mikipe ya Windsor Park Swifts
mu gihe yari akiri umwana muto, akaba kandi yarakiniye ikipe ya Coleraine,
mbere yuko yerekeza mu bwongereza muri Doncaster Rovers ku myaka 18, aho nyuma
y’imyaka ine yavuye yerekeza muri Manchester United, nyuma y’imyaka 9 ayikinira
iza kumugurisha, nyuma yuko yari atangiye kugira imvune za hato na hato.
Uretse
kuba yaramaze imyaka 9 muri Manchester United, Gregg nta mudali numwe yigeze
atwara ari Old Trafford.
Gregg
yahamagawe mu ikipe y’igihugu ya Ireland y’amajyaruguru inshuro 25, anatorwa nk’umunyezamu
mwiza mu gikombe cy’Isi cyabaye mu 1958, ubwo yafashaga Ireland kugera mu
mikino ya ¼.
Nyuma
yo gusezera ku mupira w’amaguru, Gregg yabonye akazi mubuyobozi bw’ikipe ya Shrewsbury
Town, nyuma aza kujya mu makipe atandukanye arimo Swansea City, Crewena Stoke
City.
Urupfu
rwa Harry Gegg rwatumye Sir Bobby Charlton asigara ari we muntu wenyine usigaye
ku Isi mu barokotse impanuka y’indege yabereye i Munich.
Gregg yabaye intwari arokora umugore w'umunya- Yugoslavia utwite n'umukobwa we w'imyaka 2
Gregg ni umwe mu barokotse impanuka y'indege yabereye mu Budage, aha hari nyuma y'amezi 18 impanuka ibaye
Abakinnyi n'abayobozi ba Manchester United barokotse iyi mpanuka
Gregg yabaye umunyezamu wa Man.U imyaka 9
Gregg asuhuzanya n'abakinnyi ba Manchester United mu 2012
TANGA IGITECYEREZO