Nyuma yo gusimbuzwa ku munota wa 68, nyuma yuko ikipe ya PSG yari imaze kunyagira ikipe ya Montpellier ibitego 4-0 birimo n’icya Mbappe, uyu musore ntiyabyakiriye neza maze ahitamo gutonganya umutoza Thomas asa n’umubwira amagambo atari meza ashobora no gutuma afatirwa ibihano.
Ibyo
Klyan Mbappe yakoze, benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru ku Isi biganjemo
abakunzi ba PSG, babifashe nk’agasuzuguro, aho batiyumvisha uburyo umukinnyi
nka Mbappe ukiri muto, ufite akazoza keza yatangira kwitwara nabi asuzugura
umutoza we.
Nubwo
ntacyo ubuyobozi bwa PSG buratangaza ariko amakuru ava imbere mu buyobozi bw’iyi
kipe avuga ko ashobora kuzahagarikwa imikino runaka adakina, akanacibwa
amafaranga ndetse akanihanangirizwa kugira ngo atazongera kugaragaza
imyatwariri nk’iyo yagaragaje ku mukino wa Montpellier.
Nyuma
y’umukino umutoza Tuchel yagize icyo atangaza ku myitwarire ya Klyan Mbappe.
yagize
ati “Ntabwo iriya ari isura nziza gusa ntabwo tubaye ikipe ya mbere igaragayemo
iriya myitwarire.Nahuye nabyo no muri Dortmund.Ntabwo ari byiza kuko bituma
haboneka impamvu nyinshi,birangaza benshi.Ntabwo nagize umujinya ariko narakaye
kuko ntabwo byari bikwiriye.”
Mauro
Icardi niwe wasimbuye Mbappe ku munota wa 68 gusa uyu Mufaransa ukiri muto
yasohotse yivovota ndetse abwira amagambo asa n’atari meza mutoza Thomas
Tuchel.
Mbappe
yerekeje ku ntebe y’abasimbura arakaye cyane bituma benshi ntibatinye kuvuga ko
uyu musore yarengereye.
Mbappe
amaze gutsinda ibitego 14 ndetse yanatanze imipira 5 yavuyemo ibitego mu mikino
16 amaze gukina muri shampiyona y’ubufaransa izwi nkia Ligue 1 uyu mwaka.
Mbappe yagaragaye abwira umutoza we amagambo atari meza nyuma yo kumusimbuza
Mbappe ntiyishimiye gusimburwa na Icardi
TANGA IGITECYEREZO