Umukuru w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi izwi nka FIFA Gianni Infantino, yasabye ko igikombe cya Afurika (CAN) cyakinwaga inshuro imwe mu myaka ibiri cyahindurirwa ingengabihe kikajya gikinwa rimwe mu myaka ine, aho buri gihugu cyasabwa kugira Stade nziza yakwakira amarushanwa yo ku rwego mpuzamahanga.
Ibi
Gianni Infantino yabivuze kuri uyu wa Gatandatu mu mwiherero wahuje abayobozi
batandukanye b’Umupira w’amaguru n’impuguke zitandukanye, uri kubera muri Maroc
mu Mujyi wa Rabat.
Perezida
wa FIFA, Infantino, yibanze ku nkingi eshatu zizahurirwaho na FIFA
n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), arizo
“Imisifurire, ishoramari mu mupira n’iterambere ry’amarushanwa”, nk’uko
bigaragara mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa interineti rwa FIFA.
Yagize
ati “Icyo mbasaba, ni icyemezo cyanyu, ni ahanyu ho kuganira mukareba niba
Igikombe cya Afurika cyajya kiba mu myaka ine. Birumvikana mugomba gukora ku
buryo amafaranga mwahomba, mwahita muyagaruza muri iyo myaka ine ndetse akaba
yanakwikuba kugera ku nshuro esheshatu”.
Perezida
wa FIFA yasabye ibi mu gihe CAN 2021 yamaze kugarurwa muri Mutarama na
Gashyantare ntibyishimirwe n’amakipe y’i Burayi ndetse no mu mpeshyi yaherukaga
gushyirwa mu 2019, ikaba izajya ihurirana n’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe kigiye
kujya gikinwa mu buryo bushya.
Buri
gihugu muri 54 by’abanyamuryango ba CAF na FIFA, kigomba kugira byibuze Stade
iri ku rwego rwo hejuru nk’uko byasabwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Igihugu
gisanzwe gifite iyi Stade, inkunga cyari guhabwa ishobora kwifashishwa mu
kubaka ibindi bikorwaremezo.
Ku
bijyanye n’ishoramari, FIFA na CAF bizafatanya gushaka abafatanyabikorwa ku
buryo hashobora kuboneka miliyari y’amadolari izafasha kubaka ibikorwaremezo
by’igihe kirekire ku mugabane wa Afurika.
Infantino yifuza ko CAN yajya iba rimwe mu myaka ine ubu hakubakwa ibikorwa remezo
TANGA IGITECYEREZO