Abayobozi bavuga ko habayeho uburangare bukomeye kuko indege ya kajugujugu yari itwaye Kobe Bryant wabaye icyamamare mu mukino wa basketball, umukobwa we n'abandi bantu barindwi ubwo yakoraga impanuka, itari ifite uruhushya rwo kuguruka mu kirere kirimo igihu.
Kompanyi
Island Express Helicopters yari yemerewe gusa gukora mu gihe umupilote ashobora
kubona neza aho ari kwerekeza mu gihe atwaye indege, nkuko ubuyobozi bubivuga.
Amakuru
avuga ko umupilote w'iyo ndege yari afite uruhushya rwo gutwara kajugujugu
akoresheje gusa ibikoresho biri imbere mu cyumba cyicarwamo n'abapilote.
Ariko
bishoboka ko yari afite ubunararibonye bucye mu gukoresha ubwo buryo, nkuko
impuguke ziri gukora iperereza ku cyateye impanuka yahitanye abantu 9 barimo
Kobe n’umukobwa we zibivuga. Ibyo ni ukubera ko hari ibyo yakumirwagaho na
kompanyi ye bitewe n'uruhushya rwayo rwo gukora.
Keith
Holloway, umuvugizi w'ikigo cyita ku mutekano mu gutwara abantu n'ibintu
(NTSB), yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko kompanyi Island Express
Helicopters yari yemerewe gusa gukora mu gihe umupilote ashobora kubona neza
aho ari kwerekeza mu gihe atwaye indege ari ku manywa.
Avuga
ko iyo kompanyi itari yemerewe gutwara ikoresheje gusa ibikoresho byo mu cyumba
cy'umupilote.
Bwana
Holloway yongeyeho ko bitazwi niba Ara Zobayan wari utwaye iyo ndege yari arimo
gukoresha ibyo bikoresho gusa mu gihe iyo mpanuka yabaga.
Bwana
Zobayan yari afite uruhushya rwo gutwara akoresheje ibyo bikoresho byo mu
cyumba cy'umupilote, nkuko Kurt Deetz wahoze ari umupilote muri iyo kompanyi
yabibwiye igitangazamakuru Forbes, na we kandi akaba yaratwaye Bryant mu gihe
cy'imyaka ibiri.
Ariko
yongeyeho ati: "Sinzi niba hari ubunararibonye nyabwo yari afite mu bicu
imbere".
Isabwe
kugira icyo ibivuzeho, kompanyi Island Express yasabye ko byabazwa ikigo NTSB.
Ku
wa kane w'iki cyumweru, iyo kompanyi yavuze ko ihagaritse ibikorwa byayo.
Icyateye
iyo mpanuka yo mu kirere cyabuditsemo ibicu cyo mu burengerazuba bw'umujyi wa
Los Angeles kiracyakorwaho iperereza.
Byitezwe
ko ibyarivuyemo by'ibanze bizatangazwa mu minsi hafi 10 iri imbere.
Iyo
kajugujugu yo mu bwoko bwa Sikorsky S-76B yahanukiye ku musozi hafi y'umujyi wa
Calabasas uri muri Los Angeles muri leta ya California, mu gitondo cyo cyumweru
gishize.
Bryant
yari mu nzira agiye gutoza ikipe ya basketball yakinagamo umukobwa we mu
marushanwa y'urubyiruko yo muri ako gace, ku kibuga cya Mamba Sports Academy.
Haracyakorwa iperereza ku cyateye impanuka y'indege yahitanye Kabe n'abandi umunani
TANGA IGITECYEREZO