Kuri uyu wa Gatatu taiki ya 29 Mutarama 2020, ikipe ya Arsenal yatangaje ko yamaze gutizwa myugariro w’imyaka 26 ukomoka mu gihugu cya Espagne witwa Pablo Mari wakiniraga Flamengo yo muri Brazil, akaba yatijwe mu gihe cy’amezi 6 akinira iyi kipe ibarizwa mu murwa mukuru w’ubwongereza.
Ikipe
ya Arsenal yari imaze iminsi itari mike ihagaze nabi mu bwugarizi bwayo
buyobowe na Sokratis,Mustafi na David
Luiz,yamaze gusinyisha undi mushya wo
kubafasha witwa Pablo Mari waje atijwe mu gihe kingana n’amezi 6 ariko ashobora
kuzagurwa mu mpeshyi ya 2020 nigendanye n’uburyo azaba yitwaye muri aya mezi
atandatu.
Arsenal
yatanze miiyoni 4 z’amapawundi kugira ngo Flamengo ibatize Pablo Mari wahoze
akina muri Manchester City ntahagirire ibihe byiza.
Arsenal
yakiriye uyu musore kuwa Gatandatu aturutse muri Brazil we na technical
director,Edu gusa yasabwe gusubira muri Flamengo kubera ko Arsenal yari ishaka
guhindura ibyo bavuganye gusa yarabyanze birangira amakipe yombi yumvikanye.
Pablo
Mari asanze Arsenal idahagaze neza ku rutonde rwa shampiyona mu mikino 24 imaze
gukinwa muri’English Premier League’2019-2020, kuko ihagaze ku mwanya wa 10,
aho ifite amanota 30, ikaba irimo umwenda w’ibitego bibiri.
Pablo Mari agiye gufasha Arsenal mu bwugarizi mu gihe cy'amezi atandatu
TANGA IGITECYEREZO