Filime ishingiye ku gitabo cy’umwanditsi w’Umunyarwanda Gaël Faye, “Petit Pays”, ikaba ari na yo ya nyuma yakinwemo na nyakwigendera Nsanzamahoro Denis wamamaye nka Rwasa, izajya hanze muri Werurwe 2020.
Iyi filime irimo nkuru y’ubuzima bw’umwana wavukiye i Burundi abyarwa
n’umunyarwandakazi w’impunzi n’umuzungu w’Umufaransa.
Muri icyo gitabo, uwo mwana avuga uko yabonaga
ubuzima muri icyo gihe, ibibazo by’amoko, Hutu na Tutsi.
Uwo mwana uba ufite hagati y’imyaka 10 na 15, aba yibuka
uburyo ubuto bwe bwaje kwicwa n’ibibazo bya politike zo muri aka karere.
Anavuga ku kibazo cyo kuvuka ku babyeyi badahuje uruhu.
Nyuma yaje guhungishirizwa i Burayi ari nabwo yaje kubona
ko kuba imvange bigoye kuko haba i Birundi no mu Burayi, hose abantu bamufataga
nk’umunyamahanga.
Amaze gukura yiyemeje kugaruka muri Afurika kuko ariho
nibura yumvaga ari iwabo. Mu byatumye yumva yigaruriye icyizere ni ugukunda
gusoma no kwandika.
Iki gitabo kivuga ku mateka yaranze u Burundi n’u Rwanda,
mu myaka ya za 90 kugera na nyuma yaho.
Guhera tariki
14 Mutarama 2019, iyi filime ifite iminota 111 yatangiye gukinirwa mu Karere ka
Rubavu iyobowe n’Umufaransa Eric Barbier.
Urubuga rwa
Unifrance.org rwanditse ko filime ya “Petit Pays” izerekanwa bwa mbere tariki
11 Werurwe 2020 mu Bufaransa.
Iyi filime yakinwemo n’abana abavutse ku babyeyi b’abirabura
n’abazungu nk’uko bimeze kuri Gaël Faye. Izagaragaramo kandi
Nsanzamahoro Denis wamenyekanye nka Rwasa muri sinema nyarwanda akaba yaritabye
Imana muri Nzeri 2019.
Rwasa muri iyi filime agaragara nk’umusirikare w’ingabo zo mu bihe bya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Igitabo Petit Pays cyaciye uduhigo dutandukanye nko mu 2016, inzu isohora ibitabo yitwa Fnac yahembye Gaël Faye nk’umwanditsi mwiza w’umwaka mu cyiciro cy’abanditse ibitabo byo mu bwoko bwa Roman. ‘Petit Pays’ cyanatoranyijwe mu bitabo 650 byitabiriye irushanwa uyu mwaka.
Igihembo cyatanzwe hagendewe ku matora
y’abasomyi barenga 800 batoranyije ‘Petit Pays’ nk’igitabo gikubiyemo inkuru
iryoshye kandi y’umwimerere kurusha ibindi.
Muri uwo mwaka kandi Faye yanegukanye igihembo cya Prix Goncourt des Lycéens igitabo cye ‘Petit Pays.’
Petit Pays ni yo filime ya nyuma nyakwigendera Nsanzamahoro Denis yakinnye
TANGA IGITECYEREZO