RFL
Kigali

Ibyo utamenye ku mukobwa wamamaye ku mavuta n'isabune bya 'Claire'

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:23/01/2020 12:31
4


Kera za mukorogo zitaraza birashoboka cyane ko waba warakoresheje igihe kinini ibikoresho by’ibisuku bikorwa n’uruganda rwa Sulfo Rwanda. Niba utarameshesheje isabune ya Tembo wakoresheje iyitwa Makasi, niba utarisize amavuta ya Malaika cyangwa Sante, wisize Claire.



Niba waritegereje neza ku mu makarito yabaga apfunyitse yabaga apfunyitsemo amavuta n’amasabune ya Claire cyangwa se imodoka ya Sulfo yaraguciye mu maso uribuka neza umukobwa w’inseko nziza wari uriho.

Benshi baravutse bakura bakaraba bakoresha isabune bakanisiga amavuta ya Claire ndetse bamwe bazi ko uyu mukobwa ari we witiriwe ibi bikoresho by’isuku.

Ese koko Claire yabayeho? Ni muntu ki?

Sulfo ni uruganda rukorera mu Rwanda kuva mu 1962.  Byanze bikunze ababona ifoto iri ku mavuta n’isabune bya Claire batekereza ko yari umukobwa w’umunyarwandakazi wari ufite ubwiza bw’agahebuzo mu bihe bya kera nyamara siko biri.

Ubundi iyi foto ni iya Anne Marie Ndenzako akaba yari igikomangoma cy’u Burundi. Ni umukobwa w’umwami Mwambutsa IV Bangiricenge akaba n’umwishywa w’igikomangoma Louis Rwagasore.

Ni we Murundikazi wa mbere wakoreshejwe mu kwamamaza ibicuruzwa ku rwego mpuzamahanga mu 1980. Bivugwa ko Anne Marie Ndenzako yasinye amasezerano yo kwamamaza ibikoresho bya Claire ubuziraherezo.

Anne Marie Ndenzako uri mu myaka 60 akaba atuye mu gihugu cy’Ububiligi aho yagiye gutura ubwo bahungaga igihe abo mu muryango we bicwaga.

Umuryango w’umwami Mwambutsa wavukagamo abakobwa beza dore ko na mushiki we witwa Esther Kamatali yabaye umunyarukakazi wa mbere wamuritse imideli mu Bufaransa aho yakoranya n’abahanga imideli bakomeye nka Christian Dior na Yves Saint Laurent.    


Amavuta n'amasabune bya Claire byaramamaye cyane ku isoko ryo mu Rwanda

Anne Marie Ndenzako yamamaje ibikoresho by'ubwiza binyuranye

Anne Marie Ndenzako amaze kugera mu za bukuru


Esther Kamatali nyirasenge wa Anne Marie Ndenzako nawe yabaye umunyamideli ukomeye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bebe4 years ago
    Mutumaze amatsiko njye narinziko ari umunyarwandakazi pee
  • karimu4 years ago
    yaricyuki da
  • Gandhi4 years ago
    Murakoze kubwamakuru muduhaye, nimwiza pe yarakwiye kwamamaza amavuta. Imana ikomeze kumuba hafi
  • Lola4 years ago
    Yewe, aka gakuru karanejeje pe! Ukuntu nange nisigaga claire tube pe ngo nse nawe pe! Claire yari mwiza cyane ndetse n'ubu aracyahari mwiza! Ndamusuhuje akomere!





Inyarwanda BACKGROUND