Milutin ’Micho’ Sredojević ukomoka muri Serbia, uherutse gutandukana n’ikipe ya Zamalek yo mu Misiri niwe wagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Zambia izwi ku kazina ka ‘Chipolopolo Stars’, akaba ahigitse abatoza barimo Emmanuel Amunike wajyanye Taifa Stars ya Tanzania mu gikombe cya Afurika baherukagamo mu myaka irenga 30.
Micho
akaba yatandukanye n’ikipe ya Zamalek yo mu Misirimu mpera za 2019, ayimazemo
amezi 4 gusa, azira umusaruro mucye. Akaba yari yarayigezemo avuye muri Orlando
Pirates yo muri Africa y’Epfo.
Micho
yahembwaga umushahara mwiza muri Zamalek kuko nta kibazo cy’ubukungu bari
bafite, akaba yarahembwaga $100 000 ku
kwezi, ariko nabo bakamusaba umusaruro mwiza ndetse n’ibikombe bitandukanye mu
Misiri ndetse no muri Afurika muri rusange.
Milutin
Micho yatoje ikipe y’u Rwanda muri 2012 kugeza muri 2014, ahava yerekeza mu
gihugu cya Uganda aho yahesheje Uganda itike yo gukina igikombe cy’Africa
inshuro 2 zikurikiranye, nyuma nyuma y’igihe kinini bagerageza byaranze, aza
kuhava yerekeza muri Afurika y’Epfo, mu ikipe ya Orlando Pirates.
Zambia
ikaba ifite igikombe cya Afurica cya 2012, ariko mu mwaka ushize ikaba yarananiwe kubona itike ya CAN yabereye mu
Misiri.
Ishyirahamwe
ry’umupira w’amaguru muri Zambia ryasabye Milutin Micho, kubasubiza muri CAN
2021, izabera muri Cameroon ndetse akanashaka uburyo yayegukana, ndetse
akanashakisha itike y’igikombe cy’Isi cya 2022, kizabera muri Qatar, aho iki
gihugu kiri mu itsinda rimwe na Tunisia, Equatorial Guinnea na Mauritania.
Micho watoje amavubi yagizwe umutoza mukuru wa Zambia
Micho yahesheje Uganda itike ya CAN ishuro ebyiri
Zambia igiye gutozwa na Micho
TANGA IGITECYEREZO