Nyuma yo gusobanukirwa ko nta ngaruka urukingo rwa Ebola rugira, abantu batari bake bakomeje kwitabira gahunda yo kwikingiza ari benshi nyuma y’ubukangurambaga bwakozwe abantu bashishikarizwa gukura ubuzima bwabo mu kaga bitabira gahunda yo gufata urukingo rwa Ebola
Iyi gahunda yo gukingira abantu ku bushake yatangiriye mu turere twa Rubavu na Rusizi aho abaturiye ndetse bakoresha umupaka w’u Rwanda na Congo bashishikarijwe gufata urukingo rwa Ebola bagakura ubuzima bwabo mu kaga
Nyuma
y’uko abaturage bahawe urukingo rwa mbere, hagiye humvikana ibihuha bivuga ko
uru rukingo rwaba rutera ibibazo by’ubuzima birimo n’uburemba, baje gusobanurirwa
neza n’itsinda rishinzwe gutumira abantu
ryitwa rinda ubuzima ko atari byo ndetse batangira kwihutira gufata
urukingo ari benshi
UWAYEZU Frederic, umwe mu bahawe uru rukingo ahamya neza ko nta ngaruka rwamugizeho ndetse ko yiteguye guhabwa urwa kabiri nubwo bwose yagize akabazo ko kubura ibitotsi nyuma yo guhabwa urwa mbere, ati” nta ngaruka nigeze mpura nazo uretse kubura ibitotsi nijoro no kubyukana intege nke gusa ariko ubundi ndi muzima rwose nta kibazo mfite naho iby’uko uwaruhawe atabasha kubaka urugo neza barabeshya ntabwo ari byo”
Umuyobozi wa RINDA UBUZIMA,ushinzwe ubukangurambaga,Umulisa
Marie Michelle, yavuze ko bakomeje ubukangurambaga kugira ngo abanyarwanda bose
barusheho kwikingiza Ebola avuga kandi ko hatangwa inkingo 2 kuri buri muntu
ariko iyo hagize umugore utwita yarafashe urukingo rwa mbere ashyirwa muri
gahunda y’abazahabwa urukingo ubwo ubushakashatsi buzaba bumaze gukorwa
bukemeza ko nta ngaruka rwagira ku mwana atwite.
Ikindi yavuze nuko iyo umuntu ahawe urukingo rwa
mbere yandikirwa ubutumwa bugufi kuri telefone ye igihe azazira gufata urwa
kabiri ndetse ngo ku dukarita bakingirirwaho bandikaho itariki bazagarukiraho
gufata urwa kabiri.Iyo umuntu adafashe urukingo rwa kabiri urwa mbere ruba
rubaye imfabusa
Nubwo
hari gutangwa uru rukingo, ibikorwa byo kwirinda Ebola biracyakomeje aho
abakoresha umupaka uhuza ibihugu by’u Rwanda na Congo bapimwa ndetse bagakaraba
intoki neza mbere na nyuma yo gukoresha umupaka
Biteganijwe
ko abantu ibihumbi 200 ari bo bazahabwa uru rukingo, muri bo, abagera ku bihumbi
8 bamaze guhabwa urwa mbere mu turere twa Rubavu na Rusizi
TANGA IGITECYEREZO