Nyuma yuko Eto’o na Diamond bahuriye mu muhango wo guhemba abakinnyi b’abanyafurika bitwaye neza mu mwaka wa 2019, umuhango wabereye mu misiri ku wa 07 Mutarama 2020, banaganiriye ku mushinga wo kubaka ishuri ryigisha umupira w’amaguru muri Tanzania kandi ngo ibiganiro biri kugenda neza, mu minsoi ya vuba birashyirwa mu bikorwa.
Ibiganiro
hagati ya Eto’o fils na Nasibu Abdoul benshi bazi nka Diamond Platnumz by’uyu
mushinga ngo bisa n’ibirimo birarangira kugira ngo muri Tanzania hashingwe
ishuri ry’umupira w’amaguru, rizatanga umusaruro mu karere ka Afurika y’uburasirazuba
ndetse na afurika muri rusange ariko byumwihariko mu gihugu cya Tanzania.
Daily
news dukesha iyi nkuru ikaba itangaza ko uyu muririmbyi kandi akaba n’umutunzi
ukomeye mu gihugu cya Tanzania avuga ko muri icyo gihugu hari abakinyi bafite
impano yo gukina umupira ko igihe kigeze ko bashyigikirwa ikabyazwa umusaruro.
Daily
News ikomeza ivuga ko Diamond yanatangaje
ko ubu yamaze kubona ko no mu mupira w’amaguru harimo ifaranga, ngo ibyo bikaba
aribyo byatumye yifuza gushoramo agafaranga.
Mu
minsi ishize nibwo yatangaje ko mu gihe kiri imbere azaba afite ikipe y’umupira
w’amaguru iri mu kiciro cya mbere mu gihugu cya Tanzania, akaba yaranatangaje
ko izitwa Wasafi Club.
Ibyo
akaba aherutse kubitangariza muri Wasafi FM aho yari agarutse avuye muri Egypte
aho yaravuye kuririmba mu birori byo gutanga ibihembo bya CAF. Akaba yanavuze
ko muri 2022 ashobora no kuririmba mu irushanwa ry’umupira w’amaguru ku isi
World Cup 2022 rizabera muri Qatar.
TANGA IGITECYEREZO