RFL
Kigali

Isheja Morella ashobora kwamamariza uruganda rwa Gucci

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:10/01/2020 16:31
0


Umunyamideli w’umunyarwandakazi Isheja Morella yitabiriye injonjora ry’abamamariza uruganda rw’imyenda rwamamaye ku Isi hose rwa Gucci.



Ku wa Gatatu tariki 08 Mutarama 2020 ni bwo yahagurutse i Kigali yerekeza mu Mujyi wa Milan mu Butaliyani, aho yitabiriye ibitaramo bitandukanye byo kumurika imideli.

Harimo Milan Fashion izaba guhera ku wa 18 kugeza 24 Gashyantare 2020 na Paris Fashion Week izaba guhera ku wa 24 kugeza ku wa 4 Werurwe 2020.

Kuri uyu wa Gatanu Tariki 10 Mutarama 2020, Isheja Morella w’imyaka 16 abinyujije kuri konti ye Instagram, yatangaje ko yitabiriye ijonjora [casting] ryo gushaka abanyamideli bazamamariza uruganda rwa Gucci rwo mu Butaliyani rwamamaye ku Isi hose.

Uruganda rwa Gucci ni rumwe mu nganda zikora imyambaro ikunzwe ku Isi hose kandi yambarwa n’abazi kurimba barimo n’ibyamamare. Rwashinzwe na Guccio Gucci mu 1921 rukaba rufite agaciro ka miliyari $ 18.

Mu mwaka wa 2019 rwacuruje ibintu bifite agaciro ka miliyari $9 birimo ibikapu, imyenda, inkweto, imikandara n’ibindi.

Muri Mata ni bwo Isheja Morella yasinye amasezerano yo gukorana n’ibigo bihagarariye abanyamideli bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi birimo Women Milan cyo mu Butaliyani, Milk London cyo mu Bwongereza na New Icon cy’i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bitewe n’uko Isheja ataruzuza imyaka 18, nta masezerano y’igihe runaka basinyanye. Ngo ashobora guseswa igihe icyo ari cyo cyose habaye ubwumvikane buke. Namara kuzuza imyaka y’ubukure ni bwo azatangira gusinya amasezerano azajya arangira mu gihe runaka.

Isheja wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye muri Lycée de Kigali, asanzwe abarizwa mu kigo gihagarariye abanyamideli bo mu Rwanda cya We Best Models. 

Isheja Morella yatangiye kumurika imideli ku rwego mpuzamahanga 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND