RFL
Kigali

Ibyo wamenya kuri ‘Point G’ ituma umugore aryoherwa mu mibonano mpuzabitsina

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:9/01/2020 17:39
1


Umudage wari inzobere mu buzima bw’imyororekere witwa Ernest Grafenberg mu 1940 ni bwo yavumbuye igice kiba mu gitsina cy’umugore akita Point G.



Ni igice giherereye kuri santimetero 3 uhereye ku rwinjiriro rw’igitsinagore, kikaba kirangwa n’uko kinyerera cyane. Kugira ngo ukore kuri iki gice bigusaba kwinjiza urutoki mu gitsina ukaruheta urwerekeza hejuru. Ushobora no gusaba umukunzi wawe akagukoreraho kuko nabyo bituma uryoherwa.

Umuganga akaba n’inzobere mu bijyanye n’imyanya ndangagitsina Catherine Solano, avuga ko ‘gukora kuri Point G bitera uburyaryate budasanzwe’.

Akomeza avuga ko ubwo buryaryate butuma abagore 10% bahita bagera ku ndunduro y’ibyishimo byabo igihe bari gutera akabariro mu gihe 90% butuma baryoherwa cyane ariko ntibahite barangiza.

Kugira ngo umugore agere ku ndunduro y’ibyishimo bigirwamo uruhare n’ibindi bice by’ igitsina, nk’urwinjiriro, impande na rugongo.

Point G iba inyuma ya rugongo, uburyo bwo gutera akabariro bufasha umugabo n’uwo batera akabariro kugera ku buryaryate buturuka kuri iki gice ni igihe umugore ari hejuru y’umugabo bari gutera akabariro kandi uwo mugore agasa n’uwegama ni bwo igitsina cy’umugabo gisa n’ikigonda kigakora kuri iki gice.

Point G cyangwa G-spot mu Cyongereza na rugongo nibyo bice by’igitsina cy’umugore abashakashatsi bamaze kuvumbura byongerera umugore uburyaryate bigatuma agera ku ndunduro y’ibyishimo bye. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • taf g4 years ago
    tubashimiye ubumenyi mutugezaho





Inyarwanda BACKGROUND