RFL
Kigali

Umwaka urashize umunyamideli Alexia Mupende yishwe atewe icyuma mu ijosi

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:9/01/2020 11:17
0


Hari ku wa Kabiri ahagana mu ma saa mbili abantu benshi biriwe ku mirimo bamaze kugera mu ngo zabo, inkuru y’incamugongo yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane Whatsapp bivugwa ko umunyamideli Alexia Mupende amaze kwicwa atewe icyuma mu ijosi.



Byari bigoye kubyemera kuri benshi mu nshuti ze barimo n’abo birirwanye, abo bari bavuganye kuri telefone, batiyumvishaga uburyo Alexia Mupende yaba yitabye Imana mu mwanya nk’uwo guhumbya.

Tariki 08 Mutarama 2019 wiriwe ari umunsi usanzwe kuri Allan Rwamu Kweli wari umukunzi we, ariko ijoro ry’uyu munsi ryabaye icuraburindi, intimba n’agahinda gashenguye umutima we, utaretse ababyeyi be babuze umukazana biteguraga kwakira mu minsi mike.

Ababyeyi be bakundaga kumwita Toto ntibazibagirwa uyu mugoroba mubi ubwo basangaga umwana wabo aryamye mu kidendezi cy’amaraso amaze gushiramo umwuka.

Umunsi Alexia Mupende yiciweho, yari yirirwanye n’uwari umukunzi we Allan Rwamu Kweli bapanga iby’ubukwe bwabo ndetse bari bagiye i Rusororo kureba aho bwagombaga kubera.

Imyiteguro y’ubu bukwe yari igeze kure dore ko impapuro z’ubutumire zari zaramaze kujya hanze kuko ubukwe bwabo bwari kuzaba tariki 16 Gashyantare 2019. Ibyari ibyishimo byahindutse ikiriyo, amarira n’umubabaro ku nshuti n’umuryango.

Alexia Mupende yari yaraciye amarenga y’urupfu rwe

Ubwo yashyingurwaga tariki tariki 13 Mutarama 2019, mu muhango wo kumusezeraho umubyeyi we Rose Mupende yavuze uburyo imibereho y’umwana we mu minsi ya nyuma yacaga amarenga y’uko atari kuramba ku Isi n’ubwo batari bazi ibyo ari byo.

Yagize ati “Muri iyi minsi yasaga nk’usezera, yaranyicaje ambwira ibintu byinshi, arambwira ngo ninduhuke rwose bazamfasha ndi mu rugo, arongera ashaka abantu yakundaga bagiye bamugirira neza ntabwo niriwe mvuga amazina yabo, ariko hari uwo yaguriye costume amuha n’amafaranga amushimira. Abantu rero bari ku rutonde we yashakaga gushimira urupfu ruramujyanye atabigezeho.”

Mu magambo Alexia yakundaga kubwira umubyeyi we, yumvikanishaga ko atigeze atinya urupfu. Hari aho yamubwiye ati “Umuntu apfa umunsi wageze.” Ubundi aramubwira ati “Mama ninjya gupfa ntabwo uzambuza kandi nawe nujya gupfa ntabwo nzakubuza.”

Uwishe Alexia Mupende yaburiwe irengero

Alexia Mupende wari ufite imyaka 30 yari kumwe na Niyireba Antoine wari umukozi wo mu rugo ubwo yicwaga. Yahise anatoroka kugeza n’ubu akaba yaraburiwe irengero nk’uri ku isonga ry’abakekwa.

Mu muhango wo kumusezeraho umubyeyi we Rose Mupende yavuze ko umwana we atishwe n’umukozi ahubwo ko hari abandi babyihishe inyuma bashobora kuba barafatanyije na we.

Ati “Ntabwo tuzaruhuka tutamenye uwabikoze. Uriya mukozi si we, ni akana kakoreshejwe, wenda yakinguriye umuntu araza aramwica. Yari ari kuvugana na bakuru be bapanga iby’ubukwe bigeze nka saa kumi n’ebyiri n’igice birahagarara, bibwira ko wenda umuriro umushiranye.”

Muri Werurwe 2019 Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col. Ruhunga Jeannot, yavuze ko bagerageje gukurikirana uyu mukozi ariko akabacika bari bagiye kumufata.

Ati “Kuba hari abavuze ko uyu mukobwa atishwe n’uyu mukozi ibyo si byo kuko kuba ubu bwicanyi bwarabaye agahita ahunga, ni uko hari icyo yikekaga. Akimara kubura twatangije iperereza rikomeye ndetse dushyiramo abapolisi benshi, mu by’ukuri twaje kumenya ko uwo musore yagiye i Masaka, twagose ako gace yari yagiyemo harasakwa ariko dusanga yagiye, n’ubu uwamenya amakuru yatubwira aho ari kandi umunsi yafashwe muzabimenya.”

Amateka avunaguye ya Alexia Mupende.

Alexia Uwera Mupende (Toto) yavukiye i Nairobi muri Kenya ku wa 17 Ugushyingo 1984. Yari afite abavandimwe batanu, bavuka kuri Alex Mupende na Rose Mupende.

Amashuri abanza yayize i Lavington muri Kenya, ayarangiriza muri Camp Kigali. Mu yisumbuye yize mu bigo birimo Kigali Academy aho yize umwaka umwe, akomereza muri Koleji ya Namasagari na Saint Laurence muri Uganda.

Impamyabumenyi y’Icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye n’Ikoranabuhanga yayibonye mu yahoze ari KIST mbere yo gukomereza muri Kaminuza ya Mount Kenya mu Ishami ry’Imari n’Ikoranabuhanga.

Yabaye Umunyamideli igihe kirekire aho yamuritse imyenda mu birori by’imideli bitandukanye haba ibyabereye mu Rwanda no hanze ya rwo. Ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kuzamura uruganda rw’imideli mu Rwanda ndetse ari no mu bashinze ihuriro ry’abamurika imideli.

Abari bamuzi bavuga ko yari umukobwa ukunda Imana, ugira urukundo, ukunda gusenga kandi akitangira abandi. 

Alexia Mupende yashyinguwe nyuma y'iminsi itanu yishwe

Allan Rwamo Kweli biteguraga kubana yasigaye mu gahinda

Alexia Mupende yari umunyamideli ukomeye



Umwaka urashize Alexia Mupende yitabye Imana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND