RFL
Kigali

Ibitangaje ku kibumbano kiri mu mujyi wa New York cyatanzwe nk'impano u Bufaransa bwahaye Amerika

Yanditswe na: Uwera Ange
Taliki:8/01/2020 10:28
1


Iki kibumbano giherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mujyi wa New York kikaba gifite igisobanuro cy’ubwigenge ndetse ni naryo zina cyahawe.



Iki kibumbano giherereye mu mujyi wa New York cyatanzwe nk’impano Ubufaransa bwari bugeneye Amerika mu rwego rwo gukomeza umubano bari bafitanye ndetse no kwizihiza Revolution y’Abanyamerika. Iki kibumbano kikaba cyarabumbwe n’Umufaransa witwa Frederic-Auguste Bartholdi akabifashwamo na Gustave Eiffel.

Byari biteganyijwe ko iki  kibumbano gisozwa  mu mwaka wa 1876 ubwo America yari kuba yizihiza  imyaka 100 ibonye ubwigenge. Cyaje gusozwa gukorwa neza mu mwaka w’I 1884 hanyuma cyoherezwa mu mujyi wa New York ku itariki 17 Kamena 1885, kiza (ikibumbano) gutahwa kumugaragaro ku itariki 28 Ukwakira 1886 na president Cleveland wagize ati:”Ntituzibagirwa ko ubwigenge bwabonye icyicaro iwacu,ndetse n’ubuturo bw’ubu bw’igenge ntibuzirengagizwa”.

Ikindi cyihariye kuri iki kibumbano nuko aricyo cyari kirekire gusumbya ibindi byose byari mu mujyi wa New York kuko kuva kuri foundation ugera ku itoroshi iri mu kiganza cy’umugore uri kuri iki kibumbano bingana n’intambwe zirenga 305.

Iki kibumbano cy’umugore uzamuye akaboko k’iburyo mu kiganza cye harimo itara ryaka umuriro,munsi y’ibirenge by’uyu mugore uri kuri iki kibumbano harimo ibyumba by’ibanga.Iki kibumbano cyatwaye u Bufaransa amafaranga angana n’ibihumbi 250,000 by’amadolari ugereranyije n’iki gihe arenga miliyoni 5 z’amadolari.

Foundation iki kibumbano gihagazeho ikaba yubatswe muri betaux ndetse muri bya byumba twavuze haruguru haraho bashyize umuryango wa kabiri kuburyo uwagira ikibazo ari muri kimwe muri ibyo byumba yabasha kubona aho asohokera mu gihe abuze ahandi.

Sibyo byumba by’ibanga byonyine biri munsi y’ibirenge by’uyu mugore ahubwo no mu itoroshi iri mu kiganza cy’iki kibumbano harimo ikindi cyumba cy’ibanga naho mu kiganza cy’ibumoso cy’uyu mugore uri ku kibumbano handitsemo itariki n’umwaka America yaboneyeho ubwigenge ariyo 4 Nyakanga 1776.

Kuri ubu iki kibumbano cy’ubwigenge ni kimwe mu birango bikomeye bya America uko imyaka yagiye itambuka cyagiye kiba icyicaro cya bimwe mu bikorwa bya politiki harimo no kwamagana intambara,si ibi gusa kandi kuko iki kibumbano kifashishijwe muri filime zigiye zitandukanye ndetse cyanasuwe n’abantu baturutse imihanda yose.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Niyobyise Elie4 years ago
    Kirahambaye cyane buriya uwabasabakuza kubwira kuri kiriya kiri murwanda rwacu hafi na Radisson hotel





Inyarwanda BACKGROUND