RFL
Kigali

USA: Umugore yabyaye umwana udasanzwe

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:3/01/2020 11:31
1


Ababyeyi babyaye bazi neza ko mu bintu bitera umunezero harimo no kubona umwana wabyaye, habamo ibyishimo umuntu atabasha gusobanura cyane ko umuntu aba ategereje umwana igihe kingana n’amezi 9, iyo umubonye rero wumva wamukorera byose ngo yishime kuko nawe uba wishimye.



Hari bamwe mu bana bavuka bafite umwihariko ku buryo buteye ubwoba, uyu mubyeyi wo muri Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika we yagize atya abyara umwana wikubye inshuro ebyiri z’umwana usanzwe ni ukuvuga ko yari munini cyane.

Bikunze kubaho ko abana bavuka bagatungura ababyeyi babo nk'uko byagendekeye ababyeyi b’uyu mwana, Chrissy Corbitt asanzwe ari umubyeyi w’abana bane yumvaga azarera abongabo nta wundi mwana azabyara gusa ntibyaje gukunda ahubwo yaje gusama inda y’umwana wa gatanu ariko iba nini ku buryo bushoboka.


Umubyeyi agira ngo afite ikibazo kidasanzwe munda ariko agiye kubyara, abyara umwana upima ibiro 6, ibintu bitajya bipfa kubaho kuko ubundi umwana usanzwe avukana ibiro 3.


Akimara kuvuka abantu baratangaye yaba abaganga ndetse n’ababyeyi be batunguwe n’ukuntu uwo mwana angana birabashobera, abantu barahurura mu bitaro bakomera amashyi umubyeyi ubyaye umwana ungana gutyo, ikindi kintu cyari gitangaje ni ugusanga umwana wavutse afite ibiro bingana gutyo nta kibazo na gito afite cy’ubuzima cyane ko yanakomeje gukura neza.



Src: ABC News 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MUDAKEMWA IGNACE4 years ago
    ni igitangaza gikomeye kumva umwana avuka angana gutyo.gusa bitwerekako Imana ari igitangaza pe!





Inyarwanda BACKGROUND