Urukiko rwo mu budage rwanzuye ko myugariro w’ikipe ya Bayern Munich ndetse n’ikipe y’igihugu y’ ubudage Jerome Boateng agomba gutanga ibisobanuro ku byaha ashinjwa by’ihohotera ryo mu rugo yakoreye umugore bahoze babana banafitanye abana batatu.
Urukiko
rw’i Munich mu budage rwamaze kwemeza ko myugariro mpuzamahanga w’umudage ufite
inkomoko muri Ghana, Jerome Boateng
agomba kujya imbere y’ubutabera akaburana ku byaha byo guhohotera
umugore babanaga.
Umuvugizi
w’urukiko rw’i Munich Klaus Peter, yabwiye
ikinyamakuru AFP ko ibyaha Boateng aregwa bikomeye kandi ko bihanwa n’amategeko
agenga igihugu cy’ubudage, guhohotera igitsina gore mu budage ni icyaha
kiremereye cyane.
Uyu
musore wegukanye igikombe cy’isi mu mwaka wa 2014 ari kumwe n’ikipe y’igihugu y’ubudage,
akanegukana Champions league muri 2013 ari muri Bayern Munich, ashobora guhanwa
bikomeye naramuka ahamwe n’ibyaha aregwa byo guhohotera umugore babyaranye
abana batatu.
Boateng
w’imyaka 31 y’amavuko arashinjwa gusagarira umugore bahoze babana, banakundanye
imyaka 10, babyarana abana batatu, babiri muri bo akaba yarababyaye abana na
Boateng.
Iperereza
kuri ibi byaha ryatangiye gukorwa mu
mwaka wa 2018, mu gihe mu kwezi kwa kabiri muri uyu mwaka wa 2019, ariho bimwe
mu bimenyetso byatangiye kugezwa mu rukiko.
Jerome Boateng ashobora gufungwa nahamwa n'ibyaha ashinjwa
Boateng ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini Bayern Munich
TANGA IGITECYEREZO