RFL
Kigali

CANADA: Armanie, umuraperi uhanze amaso umwaka wa 2020

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:26/12/2019 10:23
0


Niyonsenga Jean Claude Armand utuye muri Canada yinjiye mu muziki akora injyana ya Rap akaba afite integp yo kwigaragaza cyane mu mwaka 2020.




Amrnanie ni umusore w’imyaka 23 umaze imyaka ine atuye muri Canada ku bw’impamvu z’amasomo ya Kaminuza.

Yabwiye INYARWANDA ko yatangiye gukunda umuziki akiga mu mashuri yisumbuye ariko abura ubushobozi  n’amasomo atari amworoheye.

Ati “Natangiye gukunda umuziki mu 2009 ariko nta bushobozi nari mfite kandi n’ishuri ntiryabimenyereraga. Mu 2016 ngeze muri Canada naravuze nti ‘iki ni cyo gihe mbikora nk’umwaka kubera ishuri birongera biranga.”

Muri Kamena uyu mwaka nibwo Armanie yarangije amasomo ye ya kaminuza ahita yiyemeza kongera gukora umuziki  abishyizeho umutima.

Kuri ubu yashyize hanze indirimbo ye afata nk’aho ari iya mbere yise “Rurarya” ivuga uburyo urupfu iyo rugiye gutwara umuntu rudatoranya ku bana, uwize, ukize cyangwa ukennye.

Armanie avuga ko uyu mwaka wa 2020 ugiye gutangira yifuza gukora ibihangano byiza kandi bisobanutse ku buryo uzasiga hari urwego amaze kugeraho muri muzika.

Ati “Ndifuza gukora cyane ntahagarara kandi nkakora ibintu byiza bitari ibyinshi bidasobanutse . 2020 ni umwaka nkiri umwana numvaga usanga buri muntu yarateye imbere nannjye nishyizemo ko rero  nzabigeraho n’Imana nibimfashamo.”

Armanie arashaka kwigaragaza mu muziki mu mwaka wa 2020

REBA INDIRIMBO YA MBERE YA ARMANIE YITWA RURARYA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND