RFL
Kigali

Akaga gakomeye ku bantu bakunda gukoresha ecouteur

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:20/12/2019 12:48
0


15% by’abatuye isi bakunda kurwara indwara z’amatwi biturutse ku gukoresha ecouteur cyane. Dr Etienne uhagarariye ishami rirwanya ibikomere n’imvune mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS avuga ko umuntu adakwiye kumara isaha imwe ku munsi yumvira ecouteur kugira ngo yirinde ibibazo byo mu matwi.



Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bugaragaza ko urusaku rwinshi ari intandaro y’indwara z’amatwi cyane cyane ku bana bakiri bato, urubyiruko n’abandi bakunze gukoresha ecouteur bumva imiziki itandukanye kandi bakayumva igihe kirekire.

Dr. Etienne Krug asobanura ko gutakaza ubushobozi bwo kumva bidahita biba ako kanya kandi iyo umuntu agize icyo kibazo bigorana kugira ngo azongere agire ubushobozi bwo kumva nk’ubwa mbere, iyi rero ni nayo mpamvu atanga inama yo kumva umuziki ariko ku rugero rwo hasi ndetse byaba byiza cyane ukabikora mu isaha imwe gusa.

Aha rero benshi mu rubyiruko ntibihanganira kumva imiziki idasakuza cyane ariko burya baba bishyira mu byago, uku kumva imiziki isakuza bibangiriza amatwi ku buryo bukomeye.

Kuri iki kibazo, OMS ivuga ko n’isaha imwe yonyine umuntu yumva umuziki usakuza bishobora kumutera ibibazo bikomeye mu matwi, ivuga kandi ko umuntu atari akwiye kumara n’iminota 15 ahantu hari urusaku rukabije kuko ni ibintu byangiza amatwi ku buryo bukomeye kandi umuntu ntahite abimenya ako kanya.

Si byiza guhoza ecouteur mu matwi, niba ubikoze wirenza isaha imwe kuko nyuma yayi uraba wikururira indwara zikomeye z’amatwi.

Src: NBC






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND