Umwaka wa 2019 nyuma y’ivuka rya Yezu Kristu waragijwe u Rwanda n’Umwami Mutara III Rudahigwa, urabura iminsi mike ngo ugere ku musozo twinjire mu 2020 wari utegerejwe na benshi bafataga nk’inzozi. Uyu mwaka twototera gusoza waranzwe na byinshi mu myidagaduro birimo ukutumvikana byo ku rwego hejuru hagati y’abahanzi n’abajyanama babo.
Nyuma y’iminsi mike
ashyize hanze indirimbo yise “Never Give Up” ashimira Diamond Platnumz wamukuye mu buzima butari bwiza akamwinjiza muri studio, agakora indirimbo zigakundwa
kugeza aho aba icyamamare mu ruhando mpuzamahanga, nta wakekaga ko Harmonize
yafata icyemezo cyo gusezera muri Wasafi WCB.
Nta wari gutekereza kandi
ko uburyo uyu mugabo wafataga Diamond Platnumz nk’umubyeyi we, batandukana nabi
kugeza n’aho akoze ubukwe n’umukunzi we Sarah, ntihagire umuntu wo muri Wasafi
uhakandagira.
N’ubwo kuri benshi byari
ibidashaboboka, bayarabaye ubu Rajab Abdul Kahali [Harmonize] ntakibarizwa muri
Wasafi ahubwo yashinze label ye yise Konde Gang n’ubwo nta wundi muhanzi
arasinyisha.
Kuko ari we wari wasabye gusesa amasezerano Harmonize yasabwe
kwishyura amafaranga agera kuri miliyoni 500 z’Amashilingi ya Tanzania Wasafi
bamutanzeho, nawe arabyemera agurisha inzu eshatu aragenda.
Reka tuve muri Tanzaniya
twivugire ku byabereye mu Rwanda, aho umwaka wa 2019 ari wo wa mbere waranzwe
no gutandukana hagati y’abahanzi n’abajyanama babo ku rwego rutigeze rubaho mu
rw’imisozi igihumbi.
Muri uyu mwaka wa 2019
abahanzi batandukanye bagiye batungurana
batandukana n’abajyanama babo rimwe na rimwe biturutse kuri bo cyangwa se ku
bajyanama babo, n’ubwo hari abavuga ko ari ubwumvikane ahari umuriro haba n’umwotsi.
PFLA
na Aline
Mu mwaka ushize wa 2018
nibwo umuhanzi PFLA yatangiye gukorana na Label yitwa Geuri D’As Ent iyoborwa
na Umutoni Aline. Yamufashe mu gihe uyu
musore yari amaze iminsi mike avuye muri gereza amufasha kongera kwiyubaka no
kwigarurira icyizere.
Iyi label yari isanzwemo
undi musore witwa The Hero ariko yahise ayisohokamo, ashinja umuyobozi wayo
kutamwitaho no gutonesha PFLA bafatanyaga akazi no gukundana.
Muri uyu mwaka wa 2019
ibya PFLA n’umujyama we byararangiye bijyana n’urukundo rwabo rwari rumaze
igihe kitageze ku mwaka.
Umutoni Aline yatangaje
ko yafashe icyemezo cyo gutandukana na PFLA nyuma yo kubona ko uyu musore atita
ku kazi ke, abura mu bitaramo byakagombye kwinjiza amafaranga, gutunganya
indirimbo no mu zindi gahunda z’akazi.
Clarisse
Karasira na Alain Muku
Umwari Clarisse Karasira ari
mu bahanzikazi bahiriwe cyane n’uyu mwaka
turi gusoza. Yatangiye umuziki mu mpera za 2018 yamamara cyane mu 2019
abikesha indirimbo zo mu njyana ya Gakondo cyane cyane “Ntizagushuke”.
Alain Mukuralinda yateye
imboni uyu mukobwa yiyemeza kumufasha basinyana amasezerano yo gukorana imyaka
itatu kuva muri Gashyantare 2019.
Baratangiye barakorana,
umuziki w’uyu mukobwa ugenda ukura umunsi ku munsi, yitabira ibitaramo bikomeye
bitandukanye, aba icyamamare mu gihe gito gishoboka.
Ku wa 11 Ukwakira 2019,
Clarisse karasira n’umukozi wa label ya Alain Muku [Boss Papa] bashyize hanze
itangazo rivuga ko biyemeje gusesa amasezerano bari bafitanye mu bwumvikane.
Ni ibintu byatunguranye
cyane kuko nta watekerezaga ko mu gihe kitageze no ku mwaka bahita basesa
amasezerano dore ko nta n’amakuru y’umwuka mubi hagati yabo yari yarigeze
yumvikana.
Abantu bamwe bavugaga ko Clarisse Karasira yihenuye ku
muntu wamufashije agitangira umuziki kugeza abaye icyamamare, abandi bati ‘ashutswe
n’ubwamamare, amaze kubyimba n’ibindi.”
Hari abaketse ko Alain
Muku yaba yaratsikamiraga uyu mukobwa cyangwa akaba amurya mu bijyanye n’amafaranga
atari make binjije binyuze mu bitaramo yakoze.
Clarisse Karasira yavuze
ko icyamuteye gutandukana na Alain Muku ari izindi nshingano afite atabasha
kubahiriza mu gihe nawe afite abandi bamuyobora.
Alain Muku we yanze
kuvuga impamvu zamutandukanyije n’uyu mukobwa yemeza ko bemeranyijwe kuzigira ibanga.
Kuri ubu Clarisse
Karasira ari gukora umuziki ku giti cye ndetse amaze gushyira hanze indirimbo
ebyiri nyuma y’uko atangiye uru rugendo.
Safi
Madiba na The Mane
Hashize imyaka ibiri inzi
ifasha abahanzi ya The Mane Music Label, itangiye gukorera mu Rwanda. Yatangiranye
abahanzi babiri ari bo Marina wasinye imyaka 10 na Safi Madiba wasinye imyaka
itatu.
Safi Madiba yatangiye
gukorera muri The Mane ari bwo agitangira gukora umuziki ku giti cye nyuma yo
kwitandukanya n’itsinda rya Urban Boys yari amazemo imyaka 10.
Safi yagiriye ibihe byiza
muri The Mane kuko muri iki gihe cy’imyaka ibiri ari umwe mu bahanzi bakunzwe
mu Rwanda.
The Mane iyoborwa na
Mupende Ramadhan uzwi nka Baad Rama kugira ngo Safi abe ari aho ari ubu
yamushoyemo amafaranga atari make, mu gukora indirimbo harimo n’izo yakoranye n’abahanzi
bakomeye nka Harmonize na Rayvanny.
Mu minsi mike ishize Safi
yashyize hanze indirimbo yitwa “Ntimunywa” yafatanyije na DJ Marnaud ariko mu
kuyamamaza agaragaza ko isohokeye mu yindi kompanyi y’umuziki yitwa “Nukuri
Music” bivugwa ko ari n’iye.
Ni ibintu bitashimishije
na gato ubuyobozi bwa The Mane bwatangaje ko uyu muhanzi yakoze amakosa akomeye
yo kwikura muri label batabyumvikanye ndetse butangaza ko mu gihe batarakemura
iki kibazo atemerewe kuririmba indirimbo zose bamufashishe gukora.
Bigomba
Guhinduka na Daymakers
Japhet na 5K Etienne ni
abanyarwenya bakomeye bamaze kwigarurira imitima ya benshi binyuze mu rwenya
bise “Bigomba Guhinduka.”
Aba basore uko ari babiri
batangiye gukorera muri Daymakers iyoborwa n’umunyarwenya Clapton Kibonke mu
mwaka ushize wa 2018. Bari barasinyanye amasezerano y’imyaka itatu.
Umwaka wa 2019 wabaye
igihe cyabo cyo kurabagirana nk’inyenyeri, bakora ibitaramo bibiri binini
byitabiriwe n’abantu benshi, bagenda banatumirwa mu bindi.
Nyuma y’ukwezi kumwe
bakoze igitaramo cya Bigomba guhinduka cyabaye tariki 12 Ukwakira 2019, Japhet
na 5K Etienne batangaje ko bavuye muri Daymakers biturutse ku muyobozi wabo
utaragiye yubahiriza ibikubiye mu masezerano bari bafitanye.
Hari amakuru INYARWANDA
yamenye ko Japhet na 5K Etienne bivumbuye nyuma y’aho Mugisha Emmanuel [Kibonke]
atinze kubaha amafaranga binjiza binyuze ku rubuga rwa YouTube.
B
Threy na Green Ferry
B Threy ni umwe mu nkingi
za mwamba mu itsinda ry’abaraperi bazanye injyana Kinyatrap. ari mu baririmbye
mu ndirimbo yitwa “Nituebue” yitirirwa
Bushali.
B Threy nawe afite
indirimbo zakunzwe cyane nka “Irya Mukuru”, “Sindaza”, n’izindi nyinshi yagiye
ahuriramo n’abandi bahanzi bo muri Green Ferry.
Kuri uyu wa 18 Ukuboza
2019 nibwo hamenyekanye amakuru avuga ko B Threy yamaze gusezera muri Green
Ferry asigamo abarimo Bushali na Slum Drip bavuye muri Gereza.
B Threy uherutse gushyira
hanze alubumu ye ya kabiri yise “2040” yabwiye INYARWANDA ko nta kibazo yigeze
agirana n’abayobozi ba Green Ferry, ahubwo ko we yashatse gukora umuziki
yigenga ku buryo n’uwamufasha yamufasha ku giti cye.
Ku rundi ruhande hari
ibivugwa ko B Threy yafashe umwanzuro wo kwikura muri Green Ferry nyuma yo
kubona ko izina rye riryamirwa n’irya Bushali mu gihe na we afite ibikorwa
byinshi bikeneye kumenyekana.
Uretse aba bahanzi
bavuzwe haruguru, binavugwa ko umuhanzikazi Allioni Buzindu yatandukanye bucece
n’uwari umujyanama we Muyoboke Alex Batangiye gukorana muri uyu mwaka.
TANGA IGITECYEREZO