RFL
Kigali

Premier League: Ozil na Giroud mu bakinnyi 10 bifuza gusohoka mu makipe yabo mu kwezi kwa Mbere

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:17/12/2019 19:09
1


Mu ikipe, burya siko abantu bose baba bahuje ubuzima babayemo ndetse n’ibyo bakira biba bitandukanye, kudahuza n’abatoza babo, ubuyobozi ndetse n’abafana ahanini kubera umusaruro mucye, bikabatera gutuma bahindura ikipe, kugira ngo n’imibereho yabo ihinduke. Ozil, Xhaka na Giroud ni bamwe mu bakinnyi bashaka gusohoka mu makipe yabo.



Tariki ya 01/01/2020, isoko ry’igura n’igurishwa rizafungurwa ku mugabane w’iburayi, muri iki gihe abafana b’amakipe atandukanye baba biteze amasura mashya aje kuzahura umusaruro w’ikipe cyangwa aje gufasha ikipe guhagarara ku musaruro mwiza ifite kugira ngo igere ku ntego yihaye mu ntangiriro z’umwaka w’imikino.

Kudahabwa umwanya uhagije wo gukina kenshi na kenshi abakinnyi babipfa n’abatoza babo ndetse n’ubuyobozi bw’ikipe, ugasanga bifuje kuyisohokamo n’igihe cy’amasezerano basinye kitageze.

Benshi mu bakinnyi by'umwihariko abakiri bato bafite imyaka yo gukina, iyo utabahaye umwanya wo gukina ngo bigaragaze ngo banagaragaze icyo bashoboye bahitamo gutandukana n’ikipe bakiniraga kugira ngo babone wa mwanya wo kwigaragaza no gukuza impano ye, kabone niyo yaba avuye mu ikipe nkuru izwi akajya gukina mu ikipe idafite izina riremeyeye nk’iyo yararimo.

Muri iyi minsi hari amwe mu mazina akomeye atameranye neza n’abatoza ahanini usanga ari bashya  ndetse n’Ubuyobozi bw’amakipe yo muri shampiyona y’ubwongereza (English Premier League), ndetse banamaze kumenyesha amakipe bakinira ko mu kwezi kwa mbere ubwo isoko ry’igura n’igurisha rizaba rifunguye.

Abakinnyi 10 bifuza kuva mu makipe yabo muri Premier League mu kwezi kwa mbere

Moise Kean – Everton


Moise Kean w’imyaka 19 y’amavuko ntashaka gukomezanya n’ikipe ya Everton kubera ko umutoza wasigaranye iyi kipe Duncan Ferguson,  nyuma yo kwirukanwa k’uwari umutoza mukuru, uyu musore ntakibona umwanya wo gukina ngo abashe kugaragariza abafana b’ikipe ya Everton icyo ashoboye n’icyo bagomba kumwitegaho mu bihe biri imbere.

Ku mukino baheruka gukina na Manchester United, yashyizwe mu kibuga ariko nyuma y’iminota 20 gusa yari yamaze gusimburwa, akaba avuga ko ntacyo yageraho mu gihe nta mwanya wo gukina ahabwa, akaba avuga ko agomba kuva i Goodson Park muri uku kwezi kwa mbere.

Mu minota micye yahawe mu mikino 12, Moise yatanze umupira umwe wavuyemo igitego.

Roberto – West Ham United


Uyu musore uvuka mu gihugu cya Espagne, wari wazanwe mu mpeshyi kugira ngo ajye asimburana na Lucas Fabianski mu izamu rya Westhan United, ariko siko byagenze kuko avuga ko niyo Fabianski yaba afite ikibazo ategekwa kujya mu izamu.

Bikaba byarabaye bibi cyane aho ikipe ya Westham yaguze undi munyezamu David Martin avuye muri Millwall, akaba yarahise agirwa umuzamu wa kabiri, ibi bikaba byaraciriye amarenga Roberto ko adacyenewe muri iyi kipe, bityo akaba yarabwiye ubuyobozi bwa Westham ko agomba kugenda mu nkwezi kwa mbere.

Olivier Giroud – Chelsea


Uyu rutahizamu ukomoka mu gihugu cy’ubufaransa uheruka kwegukana igikombe cy’Isi ari kumwe n’ikipe y’igihugu y’ubufaransa mu mezi 18 ashize, ntamerewe neza muri Chelsea kubera ko asigaye aboneka mu kibuga gacye gashoboka.

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’ubufaransa Didier Deschamps aherutse kugira inama ya kigabo Olivier Giroud, amubwira ko niba yifuza kuzitabazwa mu mikino y’igikombe cy’uburayi, agakomeza kuba umukinnyi utanga umusaruro, byaba byiza avuye mu ikipe ya Chelsea akareba indi kipe ajyamo imuha umwanya wo gukina kuko ahagumye ashobora kuzisanga nta musaruro agitanga.

Muri uyu mwaka w’imikino Giroud yabanje mu kibuga umukino umwe gusa, kuri ubu akaba afite imvune. Frank Lampard yishimira imikinire ya Tammy Abraham akaba anafite imishinga myinshi kuri Batschuayi.

 Bityo rero uyu mugabo akaba agomba gusohoka muri Chelsea mu kwezi kwa mbere.

Nemanja Matic – Manchester United


Uyu munya Serbia w’imyaka 31 y’amavuko, birashoboka ko nta mukinnyi wigaragaje muri iyi kipe nkawe ku bwa Jose Mourinho, Matic akaba yarageze muri Manchester United muri 2017, aho yari umukinnyi ngenderwaho mu kibuga hagati.

Gusa ariko kuri ubu biragoye cyane kuzamubona mu bakinnyi 11 babanza mu kibuga kuko umutoza Ole, yahisemo gukoresha Scott MC Tominay na Fred mu kibuga hagati kandi bakaba bamaze kubaka urukuta rukomeye cyane, bizagora Matic kongera gusubira mu kibuga, bityo akaba afite gahunda yo kuva muri iyi kipe mu kwezi kwa mbere.

Xherdan Shaqiri – Liverpool


Byatunguye abakunzi b’umupira w’amaguru benshi kumva Transfer ya Shaqiri muri Liverpool mu mwaka w’imikino ushize, akaba yarafashije Liverpool ku buryo bugaragara kugeza begukanye igikombe cya Champions League.

Umutoza Klopp iyo afite Shaqiri mu kibuga bimwemerera gukina mu buryo yifuza gukinama, haba gukina mu buryo bwa 4-3-3 cyangwa 4-2-3-1.

Gusa ariko nubwo yabaye umukinnyi ugenderwaho mu mwaka ushize n’ubwo yinjiraga asimbuye, kuri ubu ntabwo yishimiye uburyo afashwe muri iyi kipe, kubera ko yabuze umwanya wo gukina n’iminota micye yo gukina yahabwaga nayo atakiyibona.

Uyu mu Suwisi w’imyaka 28y’amavuko akaba avuga ko muri uku kwa mbere agomba kwerekeza mu yindi kipe.

Mesut Ozil – Arsenal


Uyu mudage w’umunyatukiya ntabwoyishimiye uburyo impano ye igenda isubira inyuma uko bukeye n’uko bwije, kubera kudahabwa umwanya wo gukina, akaba yarashinjwe n’abafana ba Arsenal kudakora ngo yitangire ikipe nk’uko bagenzi be babikora, byatumye atakarizwa icyizere n’umutoza ndetse  n’abakunzi b’iyi kipe.

Uyu musore wahakanye kuzongera gukinira ikipe y’igihugu y’ubudage, avuga ko akeneye kuva muri Arsenal kugira ngo yongere asubire ku rwego rwiza rw’imikinire.

Mu minsi ya mbere uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko, mu minsi ye ya mbere muri Arsenalubwo yari avuye muri Real Madrid niwe mu kinnyi w’icyitegererezo Arsenal yari ifite, gusa ariko uko iminsi yagiye ishira ubukana mu kibuga bwasubiye hasi, icyizere ku bafana gisubira hasi.

Ozil arifuza gusohoka muri Arsenal mu kwezi kwa mbere akajya gushakishiriza ahandi.

Granit Xhaka – Arsenal


Kimwe na mugenzi we Ozil, Granit Xhaka ntabanye neza n’abafana ba Arsenal, nyuma yo kugaragaza urwego rudasamaje ubwo yari kapiteni wa Arsenal abafana ntibishimire iyo mikinireye, akaza kuzamura urutoki akabatuka ubwo yasimbuzwaga ku bwa Unai Emery, byakuruye umubano utari mwiza hagati ye n’abafana ba Arsenal.

Usibye kuba umubano udahagaze neza, Xhaka ntari kubona umwanya wo gukina, bityo akaba yifuza kujya mu ikipe imuha umwanya wo kwigaragaza kugira ngo azanafashe byinshi ikipe ye y’igihugu mu mikino y’igikombe cya Euro 2020.

Miguel Almiron – Newcastle United


Miguel ufite ubuhanga bwo kwihuta cyane mu kibuga ndetse no gucenga yihuta cyane, ntarisanga mu ikipe ya New Castle dore ko hakiri benshi bashidikanya ku buhanga bwe mu kibuga.

Uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko nta mahirwe yagiriye ku kibuga St – james kubera ko umutoza Steve Bruce na nubu ataravumbura ubuhanga bwe ndetse n’icyo ashoboye kuko usanga ashaka kumukinisha mu buryo ashaka ariko bugora Miguel.

Miguel yamenyesheje ubuyobozi bwa NewCastle United ko ashaka kuvu muri iyi kipe mu kwezi kwa mbere.

Christian Benteke – Crystal Palace


Yari amateka yanditswe, ndetse byari ibirori ubwo Alan Pardew yazanaga rutahizamu ukomoka mu bubiligi Christian Benteke mu ikipe ya Crystal Palace, gusa ariko abakunzi b’iyi kipe ibyo bari bamwitezeho sibyo babonye, kubera ko yibasiwe n’imvune ndetse no kubona umwanya wo gukina bikaba ibibazo.

Benteke arifuza ko mu kwezi kwa mbere yakwerekeza mu yindi kipe akajya kugeragerezayo amahirwe kubera ko muri Crystal Palace atahiriwe.

Cenk Tosun – Everton


Kubura umwanya wo gukina nibyo byatumye uyu munyaturikiya afata umwanzuro wo kumenyesha ubuyobozi bwa Everton ko mu kwezi kwa mbere ashaka gusohoka muri iyi kipe, akajya aho ahabwa agaciro n’umwanya wo gukina.

Uyu musore w’imyaka 28, avuga ko kuba ari amahitamo ya gatatu y’umutoza, iyi kipe ayigumyemo yazasubira inyuma bikica intego yari afite mu mwuga wo gukina umupira w’amaguru, bityo akaba yifuza ko mu kwezi kwa mbere yazajya gushakira ahandi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Manirafasha syrile4 years ago
    ozil niyigendere kbx byaribikwiye kbx





Inyarwanda BACKGROUND