RFL
Kigali

Biteye ubwoba: Ibinyobwa byongera imbaraga byamuteye ikinogo mu mutwe

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:16/12/2019 16:27
0


Ntago bisanzwe, nusoma iyi kuru ntago uzongera kunywa ibinyobwa bitera imbaraga ukundi, ibi binyobwa ubusanzwe birakunzwe cyane muri iki gihe aho benshi babyifashisha kugirango bakore akazi neza kandi bafite imbaraga gusa nyuma yo kumva ubu buhamya uramenye ntuzongere gufata ibi biny



Nkuko Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS ribivuga, ibinyobwa bitera imbaraga bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, abana bo ntibemerewe na gato gusomaho

Mu mwaka wa 2015, ikinyamakuru JAMA Today cyatangaje ko abahanga bakoze ubushakashatsi ku bantu 25 bakuze kandi bari mu buzima bwiza, nyuma baza guhabwa ibinyobwa bitera imbaraga bingana na mili litilo 480 bigizwe na caffeine n’ibindi  nyuma baje gusanga ba bantu bafite ibibazo byinshi bifitanye isano n’umutima kandi bikomeye

Iyi nkuru tugiye kubabwira irimo ukuntu ukwiye kumenya koi bi binyobwa byongera imbaraga ari bibi cyane kuko byangiza umutima ndetse n’ubwonko

Austin na Brianna barashakanye ndetse bari banatwite bategereje umwana wabo wa mbere, habura ibyumweru bike ngo Brianna abyare yumvise telephone ya nyirabukwe y’incamugongo imuhamagara, urumva Brianna nta makuru mashya yari yamenye

Acyitaba telephone bamubwiye ko umugabo we yakoze impanuka ariko nyirabukwe na we ntiyari azi neza ibyabaye ku muhungu we, urumva Brianna yagiye kwa muganga atarwambaye agezeyo asanga umugabo we ari hagati yo gupfa no kubaho kuko yari afite umwobo munini mu mutwe


Nyuma yo gusuzuma Austin baje gusanga ubwonko bwe bwarananiwe cyane butangira gutebera mu mutwe imbere, impamvu yabyo ngo nuko Austin yari asanzwe akora cyane kandi afite akazi kenshi bikamusaba kunywa ibinyobwa byongera imbaraga ndetse bituma adasinzira kugirango akore cyane, ibyo rero nibyo byamushyize muri coma ndtse bimutera ubumuga bukomeye ndetse buteye ubwoba mu mutwe


Amaze igihe kinini muri coma nibwo Brianna na we yaje kubyara nta mugabo bari kumwe ariko ku bw’amahirwe Austin aza gukanguka nyuma y’igihe gito ariko abyukana cya kinogo kinini mu mutwe


Nyuma y’amezi 8 Brianna yagize akazi katoroshye ko kwita ku mugabo we n’umwana wabo, kugeza ubu Austin si wa wundi wa mbere Brianna yakunze kuko yarahindutse kubera ikinogo afite mu mutwe gusa Brianna aracyakomeje kumukunda cyane nka mbere


Nyuma y’ibyo yahuye nabyo rero Brianna yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga ati” urukundo ni ukumenya kwitanga no kwhanganira buri kintu cyose uhuye nacyo ndetse utanatekerezaga ko mwahura

Src: JAMA Today

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND