RFL
Kigali

Abakobwa: Ibanga ry’ibyo wakora mu gusigasira urukundo

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:11/12/2019 22:40
0


Ushobora kuba utajya ubyitaho ngo urebe uko buri munsi abantu bashing ingo abandi bakajya mu rukundo. Hari ababijyamo bavuga bati ‘nzapfe cyangwa nzakire’ ugasanga ntawitaye kukurengera urukundo cyangwa urushako rwe.



Ukuri ugomba kumenya ni uko urushako rwose rugira umupaka. Icyo bisaba gusa ni uruhererekane rw’ibikorwa runaka ngo rugere ku ndunduro yarwo. Niyo mpamvu umuntu wese uba ashaka kuba umunyamuryango aba agomba kugira ubumenyi bwihariye kugira ngo bigende neza.

 

Urukundo cyangwa urushako ni nk’ururabo rusaba kurubagarira no kurwuhira kugira ngo rugume kubaho kandi rutoshye. Ibi ni ngombwa ku mpande zose ariko muri iyi nkuru turibanda cyane ku bagore ibyo bakora ngo basigasire urukundo.

 

Kunda umugabo wawe: Ubundi ntamuntu ubana n’uwo atitaho, na nyuma yo gushyingiranwa bikwiye gukomeza bityo bikarushaho kuba byiza. Niba umugabo wawe yaragutoranyije mu bandi ugomba kubiha agaciro kuko kuguma guceceka bishobora kugira ingaruka ku buryo agutekereza. Urukundo rwigarurira byose. Urushako rurimo urukundo ntako rusa.

 

Umva unuzuze inshingano zawe: Uretse gukunda umugabo wawe, kunda n’abana bawe ukore akamaro k’umugore  mu rugo. Ita ku bana, ubashyigikire, umenye ibibazo byabo n’intege nke zabo bigufashe kubaba hafi. Umugabo wawe ntaba yiteze ko uzananirwa izi nshingano uko byagenda kose. Ni inshingano zawe cyane nk’uko n’umugabo wawe ari ize.

 

 Irinde impaka zidasobanutse: Umugabo wawe si malayika kuburyo yafata ibyemezo bizima igihe cyose. Aho kubishingaho imanza, kuki utaceceka ngo ugaragaze ahari ikosa mu kinyabupfura? Kubivugaho mu buryo bw’amafuti bishobora gutuma abibona nabi. Ugomba kumubera umwunganizi kurusha kuba uwo muhanganye.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND